00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urujijo mu bufatanye bwa Sunderland na Visit Ghana

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 7 September 2026 saa 01:49
Yasuwe :

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko muri Ghana, Alban Sumana Kingsford Bagbin, yagaragaje ko hari ibiganiro byo kugirana imikoranire na Sunderland ikajya yamamaza ubukerarugendo bwa Ghana, ariko ari umushinga leta idafitemo ukuboko.

Mu ntangiriro za Kanama 2026, ni bwo uyu mushinga ugamije guteza imbere ubukerarugendo bwa Ghana binyuze muri gahunda ya Visit Ghana watangiye kuvugwa.

Gusa kuva icyo gihe nta rwego na rumwe rubifitiye ububasha yaba Minisiteri ya Siporo cyangwa Ishyirahamwe rya Ruhago muri Ghana, urwego rw’ubukerarugendo cyangwa Sunderland rwigeze rubitangaza.

Alban Sumana Kingsford Bagbin usobanukiwe iby’uyu mushinga yavuze ko ugeze kure utegurwa.

Ati “Turi mu biganiro na bo [abayobozi ba Sunderland] kugira ngo bashyire ‘Visit Ghana’ ku mwambaro wabo no ku bindi bikoresho byabo. Ibiganiro bigeze kure kandi batwereka ko na bo babyifuza.”

Yongeyeho ko hatarimo ukuboko kwa leta gusa ntiyatangaza agaciro k’amasezerano.

Ibitangazamakuru byo muri Ghana byavuze ko uyu mushoramari wikorera ku giti cye ashaka guha iyi kipe agera kuri miliyoni 10 y’Amayero buri mwaka kugira ngo ateze imbere ubukerarugendo bw’igihugu.

Alban Sumana Kingsford Bagbin avuga ko leta itazataga umutungo wayo, ariko izafasha uyu mushoramari kugira ngo abone uko aya masezerano yashyirwa mu bikorwa.

Ghana ishobora kuba umuterakunga wa Sunderland nubwo nta rwego na rumwe rurabyemeza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages