00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umwana w’imyaka 13 yapfiriye mu birori byo kwishimira Igikombe cy’Isi cya Espagne

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 July 2026 saa 10:56
Yasuwe :

Kwishimira ko Espagne yegukanye Igikombe cy’Isi cya 2026 byahindutse amarira mu mujyi wa Ciudad Rodrigo, hafi ya Salamanca, nyuma y’uko umwana w’imyaka 13 apfuye agwiriwe n’igice cy’ahari isoko y’amazi cyasenyutse.

Iyi mpanuka yabaye ahagana saa sita n’igice z’ijoro mu gihe abaturage bari bakomeje ibirori byo kwishimira intsinzi y’ikipe y’igihugu ya Espagne, La Roja, yari imaze gutsinda Argentine ku mukino wa nyuma.

Amakuru yatangajwe avuga ko urubyiruko rwinshi rwari rwuriye ku nyubako y’isoko y’amazi, rwishimira intsinzi ya Espagne. Igice cyayo cyaje gusenyuka bitewe n’uburemere bw’abari bakiriho, kigwira uwo mwana wari uri muri ibyo birori.

Abapolisi bo muri ako gace bahise bagerageza kumukura mu bisigazwa by’iyo nyubako no kumutabara, ariko aza gupfa azize ibikomere bikomeye. Abandi bantu babiri bakomerekeye muri iyo mpanuka.

Espagne yari yegukanye Igikombe cy’Isi ku nshuro ya kabiri mu mateka yayo, nyuma y’imyaka 16 itsinze irushanwa rya mbere mu 2010. Intsinzi yayo yatumye abaturage benshi basohoka bajya mu mihanda hirya no hino mu gihugu, bavuza amahoni, vuvuzela, bacana ibishashi banabyina kugeza mu rukerera.

Umwana w'imyaka 13 yapfuye yishimira intsinzi ya Espagne

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages