Uyu mutoza yabigarutseho nyuma y’imyitozo yo ku wa Kane, aho yagaragaje ko gutsindwa na APR FC ibitego 3-0 mu mukino uheruka, bizatuma akora impinduka mu bakinnyi basanzwe babanza mu kibuga.
Yagize ati “Iyo watsinzwe umukino ugomba guhindura abakinnyi n’imyanya. Ndabwira abafana kuzaza kuko bazabona impinduka no mu bakinnyi babanza mu kibuga.”
Imyitozo yo kuri uyu munsi yagaragayemo rutahizamu Ndikumana Asman umaze igihe kinini yaravunitse, aho yagaragaje ko yiteguye kuzakina.
Ati “Nababajwe cyane no kuvukinira ku mukino wanjye wa mbere mpuzamahanga. Nagarutse nubwo ntaragera 100% ariko umwanya muto nzabona nzagerageza kwitwara neza.”
Nubwo Gikundiro yagaruye Ndikumana, ntabwo izaba ifite Tambwe Gloire wagize ikibazo cy’imvune ndetse na Fall Ngagne ukomeje kurwana no kugarura imbaraga.
Rayon Sports iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 13, mu gihe AS Kigali iri ku wa 14 n’amanota atanu gusa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!