00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umutoza Kanyankore Yaounde yagizwe umutoza mushya wa Kiyovu Sport

Yanditswe na

Tity Thierry kayishema

Kuya 9 July 2013 saa 09:52
Yasuwe :

Umunyarwanda watozaga Vital’O y’i Burundi yatwaye CECAFA Kagame Cup 2013, Kanyankore Gilbert “Yaounde” yamaze kumvikana n’ubuyobozi bwa Kiyovu Sport kuyitoza igihe cy’umwaka umwe.
Perezida wa Kiyovu Sport, Sendege Norbert, yatangarije IGIHE ko bamze kumvikana na Yaounde gutoza Kiyovu umwaka utaha wa shampiyona ariko amasezerano akaba ashobora kongerwa.
Sendege avuga ko umutoza mushya bazanye hari inshingano zikomeye afite, ati” Kimwe natwe twese afite inshingano zo kugarura Kiyovu (…)

Umunyarwanda watozaga Vital’O y’i Burundi yatwaye CECAFA Kagame Cup 2013, Kanyankore Gilbert “Yaounde” yamaze kumvikana n’ubuyobozi bwa Kiyovu Sport kuyitoza igihe cy’umwaka umwe.

Perezida wa Kiyovu Sport, Sendege Norbert, yatangarije IGIHE ko bamze kumvikana na Yaounde gutoza Kiyovu umwaka utaha wa shampiyona ariko amasezerano akaba ashobora kongerwa.

Sendege avuga ko umutoza mushya bazanye hari inshingano zikomeye afite, ati” Kimwe natwe twese afite inshingano zo kugarura Kiyovu Sports mu makipe ahatanira igikombe.”

Kanyankore w’imyaka 59 yasabye ubuyobozi bwa Kiyovu Sport kumuba hafi , bakamufasha gushaka abakinnyi bashoboye. Sendege avuga ko Yaounde yabemereye kuzazana abakinnyi batatu bavuye i Burundi harimo babiri b’Abanyarwanda.

Nyuma yo kungererwa amafaranga bahabwaga n’akarere ka Nyarugenge, abafana nabo ba Kiyovu batangiye kwisuganya bashaka amafaranga yo kugura abakinnyi bakaba bari gufatanya na komite.

Kiyovu Sport irateganya gutangira imyitozo ku mugaragaro tariki ya 22 Nyakanga 2013 mu gihe bivugwa ko shampiyona ishobora gutangira muri Nzeli.

Kiyovu Sport iheruka igikombe cya shampiyona mu myaka 20 ishize.

Kanyankore Gilbert ni muntu ki?

Kanyankore Kagabo Jean-Gilbert Yaounde ni Umunyarwanda wavukiye i Butare mu 1954. Arubatse. Yize icungamari mu mashuri yisumbuye. Mu 1975- 1977 yize ubucuruzi mu ishuri rikuru ry’ubucuruzi I Kinshasa, maze mu 1977-1980 abona impamyabumenyi muri Institut Pédagogique National de Kinshasa mu ishami ry’imikino n’ubumenyi. Mu 2004 yabonye impamyabumenyi y’ikirenga mu butoza ayikuye muri Nigeria.

Yaounde nk’umutoza

Kuva mu 1986 kugera mu 2001 yatoje ikipe ya Vital’0. Muri iyi myaka 16 akaba yaraserukiraga u Burundi mu mikino nyafurika.
Kuva 1993 kugeza 2001 yatwaye ibikombe by’u Burundi 8.

Mu 2001-2005, Yaounde yatoje ikipe ya Les Citadins (AS Kigali), mu 2003 atwara igikombe cy’Amahoro atsinze APR FC ku mukino wa nyuma.

Mu 2005 Kanyankore yajyanye na Rayon Sports mu mikino ya CECAFA yaberaga i Mwanza maze agera muri ½.

Mu 2004 na 2006, Kanyankore yari umwarimu w’umupira w’amaguru mu Ishuri Rikuru Nderabarezi rya Kigali (KIE). Yongeye gusubira muri Rayon Sports mbere yo kwerekeza muri Vital’O muri Mata.

Mu myaka itandatu yari amaze muri Vital’O yatwaye ibikombe bitanu.

Atoza ibihugu

Muri Kanama 1999, ari kumwe n’ikipe y’igihugu ya Rwanda B yatwaye igikombe cya CECAFA ari umutoza wungirije.

Mu 2001 atoza ikipe y’igihugu y’u Burundi yarangije muri ½ mu mikino ya CECAFA yari yabereye i Kigali.

Mu 2005 yabaye umutoza w’agateganyo w’Amavubi maze atwara umwanya wa gatatu mu mikino ya CECAFA yakiniwe I Kigali.

Yaounde avuga indimi 6 zirimo Ikinyarwanda, Ikirundi, Kiswahili, Lingala, Igifaransa n’Icyongereza.

Kanyankole Yaounde, umutoza mushya wa Kiyovu Sports

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages