00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Omar wangiwe kwinjira muri Amerika yahawe gusifura UEFA Super Cup

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 11 June 2026 saa 04:28
Yasuwe :

Umusifuzi w’Umunya-Somalia Omar Abdulkadir Artan wangiwe gusifura mu Gikombe cy’Isi, yahawe kuzasifura umukino wa UEFA Super Cup uzahuza Paris Saint-Germain na Aston Villa.

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 11 Kamena 2026, ni bwo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru i Burayi (UEFA), ryatangaje ko uyu musifuzi azasifura umukino usumba iyindi kuri uwo mugabane wa UEFA Super Cup.

Binyuze mu bufatanye bw’Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF) na UEFA mu guteza imbere umupira w’amaguru, uyu mukino uzasifurwa n’Umunyafurika.

UEFA yemeje ko uzasifurwa na Omar Abdulkadir Artan, Umunya-Somalia wabaye umusifuzi wa mbere muri Afurika mu mwaka w’imikino wa 2025/2026, nyuma yo gusifura umukino wo kwishyura wa nyuma wa CAF Champions League.

Omar Abdulkadir Artan w’imyaka 34, aherutse kubuzwa kugera ku nzozi ze zo gusifura Igikombe cy’Isi cya 2026, nyuma y’uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zanze ko yinjira muri icyo gihuhu kuko zaketse ko hari aho ahuriye n’umutwe w’iterabwoba wa Al-Shabaab.

Perezida wa UEFA, Aleksander Čeferin, washimiye Perezida wa CAF, Dr. Patrice Motsepe mu bufatanye bwe mu guha uyu mukino Omar, ashimira n’uyu musifuzi ku iterambere rye.

Ati “Omar Artan ni umusifuzi mwiza ukiri muto kandi ufite ubunararibonye, werekanye ko ageze ku rwego rwo hejuru muri Afurika. Umupira w’amaguru na wo ubereyeho guhuza abantu, ari yo mpamvu UEFA ishaka kumwereka icyubahiro akwiriye, ari na byo byatumye atoranywa.”

Dr. Patrice Motsepe we yavuze ko Omar yahesheje ishema Somalia na Afurika muri rusange, igihe yahabwaga igihembo cy’umusifuzi mwiza muri Afurika mu 2025, ibyanatumye agirirwa icyizere cyo gusifura mu Gikombe cy’Isi nubwo bitamukundiye.

Umukino wa UEFA Super Cup 2026, uteganyijwe kubera mu Mujyi wa Salzburg muri Autriche, ku itariki ya 12 Kanama 2026, ukazahuza Paris Saint-Germain yatwaye UEFA Champions League na Aston Villa yatwaye UEFA Europa League.

Omar wakiriwe nk’umwami mu gihugu cye, yanahawe ibihumbi 50$ nyuma yo kwakirwa na Perezisa wa Somalia, Hassan Sheikh Mohamud.

Omar Artan wangiwe gusifura Igikombe cy'Isi yahawe kuzasifura umukino wa UEFA Super Cup

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages