00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umusifuzi mpuzamahanga Omar Artan yageze i Kigali

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 4 August 2026 saa 07:51
Yasuwe :

Umusifuzi mpuzamahanga wo muri Somalia akaba n’uwa mbere muri Afurika, yageze mu Rwanda, aho yiteguye gusifura umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026 iri kubera i Kigali.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 4 Kanama 2026, ni bwo uyu musifuzi mpuzamahanga yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali.

Ku itariki ya 2 Kanama 2026, ni bwo Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika y’Ibursirazuba n’iyo Hagati (CECAFA), yatangaje abasifuzi b’umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026.

Uyu mukino uteganyijwe ku wa Gatanu, tariki ya 7 Kanama 2026, uzasifurwa n’uyu Munya-Somalia, Omar Artan, wabaye umusifuzi wa mbere muri Afurika mu 2025, ndetse akaba ari umwe mu bagombaga gusifura mu Gikombe cy’Isi cya 2026.

Artan wari witezweho kuba Umunya-Somalia wa mbere usifuye Igikombe cy’Isi, yakuwe ku rutonde rw’abazasifura iri rushanwa, nyuma y’uko yangiwe kurenga ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Miami muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Azasifura uyu mukino afatanyije na Liban Abdulrazack wo muri Djibouti na Eliezer Stephen Yiembe wo muri Kenya bazaba ari abungiriza be mu mpande.

Aba basifuzi uko ari batatu kandi ni bo bazafatanya gusifura umukino w’amakipe yitwaye neza i Burayi wa UEFA Super Cup, uteganyijwe tariki ya 12 Kanama 2026 mu Mujyi wa Salzburg muri Australia, ugahuza Aston Villa na Paris Saint-Germain, zombi zifitanye imikoranire n’u Rwanda.

Umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026 uzabera kuri Stade Amahoro uzahuza amakipe Gor Mahia n’ikipe iva hagati ya Rayon Sports na Jamus FC.

Omar Artan yageze mu Rwanda
Omar Artan azasifura umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup i Kigali
Omar Artan ni we musifuzi wa mbere muri Afurika
Omar Artan yakiriwe na Visi Perezida wa FERWAFA, Mugisha Richard

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages