Ni gahunda igiye kuba ku nshuro ya kabiri, aho Rwanda Premier League, itegura Shampiyona, ihuriza mu mujyi umwe aya makipe akomeye, bigatuma abakunzi ba ruhago barushaho kuryoherwa, abayakiriye bakabona amafaranga arenze ayo babonaga.
Nyuma y’Ibirori bya Ruhago by’i Rubavu byabaye mu mpera za Nzeri 2024, kuri iyi nshuro Umujyi wa Huye ni wo utahiwe, aho Mukura VS izakira Rayon Sports ku wa 11 Mutarama 2025, na ho Amagaju akakira APR FC bukeye bwaho kuri Stade ya Huye.
Kuri iyi nshuro, Rwanda Premier League yashyize igorora abatazanashobora kugera muri uyu mujyi, cyane cyane abari mu mahanga, ibafasha kuzakurikirana ino mikino.
Ni ibintu byari bimaze igihe bisabwa nk’uko Umuyobozi ushinzwe Amarushanwa muri Rwanda Premier League, Bigirimana Guss yabibwiye IGIHE.
Ati: “Turabizi ko buri mukunzi w’umupira w’amaguru yifuza kudacikwa n’ibi birori, bityo Rwanda Premier League yazanye agashya, ishyiraho uburyo bwo kwerekana imikino ibiri izabera kuri Stade Huye.”
Yakomeje avuga ko "Uburyo bushya bugamije gufasha abakunzi b’umupira w’amaguru kuryoherwa no gushyigikira amakipe yabo cyane cyane abatazabasha kugera ku kibuga.”
Abazakurikirana iyo mikino basabwa kunyura kuri www.irebero.com/rwandapremierleague, kugira ngo baryoherwe mu mashusho meza.
Ikindi ikipe ya Mukura izakira umukino wa mbere izahuriramo na Rayon Sports, yahisemo kuzazana abahanzi bazasusurutsa abazaba bari i Huye ku wa 11 Mutarama 2024, inatangaza ko DJ Sonia ari we uzaba ari kuvanga imiziki kuri iyi stade.
Mu Birori bya Ruhago byabereye i Rubavu, Rutsiro na Etincelles zinjiije miliyoni 16 Frw mu mikino yakiriyemo Rayon Sports na APR FC, mu gihe abacuruzi bo muri uyu mujyi bagaragaje ko babonye icyashara muri iyo minsi ibiri.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!