00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyezamu Habineza Fils yabonye ikipe i Burayi

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 22 June 2025 saa 10:34
Yasuwe :

Umunyezamu wa Bugesera FC, Habineza Fils François agiye kwerekeza muri Midtjylland FC yo mu Cyiciro cya Mbere muri Denmark.

Uyu munyezamu usanzwe uhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu biteganyijwe ko azererekeza muri iki gihugu ku wa Gatatu, tariki ya 25 Kamena 2025.

Biteganyijwe kandi ko iyi kipe izamugura ibihumbi 50$ (arenga miliyoni 72 Frw).

Midtjylland ntabwo ari ikipe y’agafu k’imvugwarimwe kuko ifite ibikombe bine bya Shampiyona ya Denmark, aho iheruka icya 2023/24. Ni mu gihe yabaye iya kabiri inshuro eshanu.

Yegukanye kandi Igikombe cy’Igihugu inshuro eshatu ndetse niyo ibitse icy’uyu mwaka.

Muri uyu mwaka kandi, Midtjylland izakina imikino ya UEFA Europa League, aho mu ijonjora rya kabiri izahura na Hibernian FC yo muri Écosse.

Habineza uri mu bakinnyi batanga icyizere cyo kuzavamo umunyezamu ukomeye, yari amaze iminsi avugwa muri APR FC na Police FC.

Yageze muri Bugesera FC mu mwaka ushize w’imikino avuye muri Etoile de l’Est yigaragajemo cyane akajya ahamagarwa no mu Ikipe y’Igihugu avuye mu Cyiciro cya Kabiri, ibidakunze kubaho mu Rwanda.

Habineza Fils asanzwe ahamagarwa mu Ikipe y'Igihugu
Midtjylland yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya Denmark mu mwaka ushize w'imikino

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .