Ni umukino uteganyijwe kuba ku wa Gatandatu, tariki ya 20 Nzeri 2025, ukazabera kuri Kigali Pelé Stadium. Mu butumwa Rayon Sports yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yasabye abakunzi bayo kwitabira ari benshi.
Yagize iti “Uko twuzuraga stade muri ya majoro y’amateka, twongere tubikore kuko tuzabahiga iteka.”
Singida Black Stars ntabwo yatinzemo kuko yahise isamira hejuru ubu butumwa, imenyesha iyi kipe yo mu Rwanda ko ikwiriye kwitonda. Iti “Muzarusyaho?”
Guterana amagambo ntabwo byarangiriye aho kuko na Rayon Sports yasubije iyi kipe yo muri Tanzania,
Yagize iti “Ubushobozi, imbaraga, amateka n’abafana benshi. Turi beza kubarenza mu bintu byose.”
Gikundiro ni yo izakira umukino ubanza w’iri jonjora ry’ibanze, na ho uwo kwishyura ukazabera muri Tanzania tariki 27 Nzeri 2025.
Ubora, nguvu, historia, mashabiki wengi…
Tuko bora kuliko ninyi katika kila kitu😂 https://t.co/Jh6oIM1Rdj
— Rayon Sports Official (@rayon_sports) September 16, 2025



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!