00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umukino w’Amavubi na Tanzania ntukibaye

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 3 June 2026 saa 08:43
Yasuwe :

Umukino wa gicuti wari guhuza u Rwanda na Tanzania tariki ya 9 Kamena 2026, wakuweho kubera ingamba zafashwe n’inzego zishinzwe ubuzima muri Maroc mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola.

Byatangajwe n’Ishyirahamwe rya Ruhago muri Tanzania (TFF) ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 9 Kamena 2026.

TFF yavuze ko imikino ibiri yari guhuramo na Uganda n’u Rwanda tariki ya 5 n’iya 9 Kamena, yombi yasubitswe kubera kwikanga icyorezo cya Ebola kw’inzego za Maroc aho imikino yombi yari kubera.

Ku ruhande rw’u Rwanda, rwari rufite undi mukino n’Ibirwa bya Comores, na wo wari kubera i Marrakech muri Maroc ku wa 6 Kamena.

Kugeza ubu ntacyo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) riratangaza.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, Ikipe y’Igihugu ya Uganda yatangaje ko imikino ibiri ya gicuti yari kuyihuza na Tanzania na Madagascar, yombi yavuyeho.

Amavubi yageze muri Maroc ku wa Kabiri, ndetse amakuru aheruka yavugaga ko ataremererwa no gukora imyitozo.

Umukino w’Amavubi na Tanzania wari kubera muri Maroc, wakuweho kubera kwikanga Ebola

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages