Musanze FC izakira APR FC kuri Stade Ubworoherane, mu mukino w’Umunsi wa Munani wa Rwanda Premier League uzaba ku wa Gatandatu, tariki ya 22 Ugushyingo 2025, saa Cyenda.
Iyi kipe yo mu Majyaruguru izajya gukina uyu mukino imaze iminsi yitwara neza aho yatsinze imikino ibiri iheruka muri Shampiyona mu gihe kandi yanatsinze umukino wa gicuti yahuyemo Tony FA muri iki gihe cy’imikino y’amakipe y’ibihugu.
Abajijwe niba gukina n’iri rerero ari imyiteguro myiza mbere yo guhura na APR FC, Ruremesha utoza Musanze FC yavuze ko icyari kigamijwe ari ugufungura ikibuga gishya riheruka kuzuza no kureba niba bazajya bakitorezaho bitegura gukinira ku bibuga bigezweho bya ‘tapis synthetique’.
Ku myiteguro y’umukino, uyu mutoza yagize ati “Tuwiteguye neza, bafite akanyamuneza kuko batsinze Rayon Sports ibitego bitatu, natwe twatsinze [Gicumbi FC] bitatu. Ni umukino uzaba ukomeye, mwiza kandi urimo ishyaka. Abazawureba bazataha babonye umupira mwiza.”
Uyu mutoza uzwiho kugora amakipe y’ibigugu, yakomeje agira ati “Twifuza kuwutsinda ariko umupira ugira ibyawo. Twifuza ko ku mukino wa APR tugomba kuyibonaho amanota.”
Kuri ubu Ruremesha ni we mutoza umaze kunyura mu makipe menshi mu Rwanda aho yatoje 12. Yavuze ko byose biterwa no kugirirwa icyizere n’ayo makipe ariko na none bigaterwa n’uburyo yitwara.
Ati “Ni akazi umuntu aba yakoze neza, kumenya kubana n’abantu, abakinnyi, abayobozi, abafana n’itangazamakuru na ryo kuko rifite agaciro gakomeye. Ikindi ni ukugira ikinyabupfura. Ibyo byose iyo ubashije kubyitwaramo neza nta gituma batakugirira icyizere.”
Musanze FC imaze gukina imikino irindwi, iri ku mwanya wa kane n’amanota 12 mu gihe APR FC ya gatanu ifite amanota 11 mu mikino itanu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!