00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

UEFA Champions League: PSG na Atletico Madrid zabimburiye andi makipe kubona itike ya 1/2

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 15 April 2026 saa 12:56
Yasuwe :

Atlético Madrid yihagazeho imbere ya FC Barcelone ikomeza muri ½ cya UEFA Champions League ku giteranyo cy’ibitego 3-2, naho Paris Saint-Germain ikomeza itsinze Liverpool ku giteranyo cy’ibitego 4-0.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 14 Mata 2026, ni bwo hakinwe imikino ibiri ibimburira iyo kwishyura ya ¼ cya UEFA Champions League, uwari utegarejwe na benshi ukaba wahuje FC Barcelone na Atletico Madrid.

FC Barcelone yashakaga kwishyura yinjiye mu mukino mbere, ndetse ku munota wa mbere ihita ibona amahirwe imbere y’izamu ku mupira ukomeye watewe na Lamine Yamal ariko ujya hanze.

Uyu rutahizamu wari witezwe muri uyu mukino yongeye kunyura muri ba myugariro ba Atletico Madrid, yakira umupira uvuye kuri mugenzi we Ferran Torres ahita atsinda igitego cya mbere.

Iyi kipe yashakaga ibitego byinshi muri uyu mukino yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 25, giturutse ku mupira Dani Olmo yahereje Ferran Torres, na we ahita atera mu izamu.

Atlético Madrid yahise igaruka mu mukino, Marcos Llorente afata umupira yihuta asiga abakinnyi bose ba FC Barcelone, awuhereza Ademola Lookman wahise awushyira mu izamu adahagaritse.

Ku munota wa 57 Ferran Torres wa FC Barcelone yatsinze igitego cya gatatu, ariko abasifuzi bo kuri VAR bemeza ko yahawe umupira na Lamine Yamal yaraririye.

Amakipe yombi yahise akora impinduka, aho Umutoza wa FC Barcelone, Hansi Flick, yakuyemo Fermín López na Ferran Torres hajyamo Robert Lewandowski na Marcus Rashford, na ho Diego Simeone wa Atletico Madrid akuramo Ademola Lookman na Marcos Llorente hajyamo Alex Baena na Nicolas Gonzalez.

Eric García wa FC Barcelona yakoreye ikosa Alexander Sorloth ku munota wa 79, yerekwa ikarita y’umutuku yasubije inyuma iyi kipe inanirwa kubona ikindi gitego.

Umukino warangiye Atletico Madrid ikomeje muri ½ cya UEFA Champions League, aho igomba kuzahura n’izava hagati ya Arsenal na Sporting zikina kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 15 Mata 2026.

Undi mukino wabaye wabereye kuri Anfield mu Bwongereza uhuza Liverpool yashakaga kwishyura Paris Saint-Germain yayitsindiye mu Bufaransa ibitego 2-0 mu mukino ubanza.

Liverpool yasatiriye cyane ariko amahirwe yabonaga imbere y’izamu ikomeza kutayibyaza umusaruro, igice cya mbere kirangira itabashije kugabanya ikinyuranyo.

Mu gice cya kabiri ku munota wa 72, Khvicha Kvaratskhelia yatanze umupira kuri Ousmane Dembélé, atsinda igitego cya Paris Saint-Germain cya mbere muri uyu mukino.

Umukino wongeweho iminota itandatu, Bradley Barcola yahereje undi mupira Dembélé, atsinda igitego cya kabiri cyahesheje intsinzi PSG, ikomeza muri ½ ku giteranyo cy’ibitego 4-0.

PSG yabonye itike y’iri rushanwa iheruka kweguka, ikaba izahura n’izava hagati ya Real Madrid na Bayern Munich zigomba kwikiranura.

Abakinnyi 11 Atletico Madrid yabanje mu kibuga
FC Barcelone yananiwe kuva imbere ya Atletico Madrid
Abakinnyi ba Atlético Madrid bishimira igitego cya Ademola Lookman
Ademola Lookman yatsindiye Atletico Madrid igitego cy'ingenzi
Lamine Yamal yari atuje nyuma yo gutsinda ibitego bibiri hakiri kare
Ferran Torres yatsinze igitego cya kabiri cya FC Barcelone
Fermín López yakandagiwe mu isura na Juan Musso
Fermín López yababaye izuru
Umunyezamu wa Atletico Madrid, Juan Musso, akiniye nabi Fermín López
Umukino wa PSG na Liverpool wabereye kuri Anfield
Abakinnyi 11 Liverpool yabanje mu kibuga
Abakinnyi 11 PSG yabanje mu kibuga
Abakinnyi ba PSG bishimira igitego cya mbere
Hugo Ekitike wa Liverpool yavunikiye mu mukino wabahuje na PSG
Ousmane Dembélé yabaye umukinnyi mwiza mu mukino wa PSG na Liverpool

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages