00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

UEFA Champions League: Imbere ya Minisitiri Mukazayire, PSG yasezereye Bayern Munich igera ku mukino wa nyuma

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 6 May 2026 saa 11:31
Yasuwe :

Paris Saint-Germain yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, nyuma yo gusezerera Bayern Munich mu mukino wo kwishyura amakipe yombi yanganyijemo igitego 1-1, ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 6-5. Ni umukino wakurikiwe n’abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire.

Ni mu mukino wa ½ cy’iri rushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo wakiniwe kuri stade ya Allianz Arena, iri mu Mujyi wa Munich mu Budage, mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 6 Gicurasi 2026.

Nubwo Paris Saint-Germain yari iri gukinira hanze, yinjiye mukino mbere ndetse ku munota wa gatatu Ousmane Dembélé, ahita atsinda igitego cya mbere muri uyu mukino.

Ni igitego cyavuye ku mupira watanzwe na Khvicha Kvaratskhelia, wazamukanye umupira awohereza mu rubuga rw’amahina usanga ubwugarizi bwa Bayern Munich buhagaze nabi.

Bayern Munich yahise ikanguka itangira gusatira cyane, inabona amahirwe imbere y’izamu ku munota wa 15 n’uwa 27 kuri Michael Olise ariko amashoti yose yateye ajya hejuru y’izamu.

Gusatira cyane ntacyo byatanze kuko igice cya mbere cy’umukino cyarangiye Paris Saint-Germain yatsinze Bayern Munich igitego 1-0, ndetse iyi kipe yo mu Bufaransa iyoboye iyo mu Budage ku giteranyo cy’ibitego 6-4.

Vincent Kompany utoza Bayern yakoze impinduka akura mu kibuga Jonathan Tah, ashyiramo Min-Jae Kim, ariko igitego gikomeza kubura.

Igitego cya Bayern Munich cyagiyemo ku munota wa gatatu w’inyongera kuri 90 y’umukino. Iki cyinjijwe na Harry Kane, ndetse umukino uhita urangira PSG igeze ku mukino wa nyuma ku giteranyo cy’ibitego 6-5.

Uyu mukino wakurikiwe na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, ari kumwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor Cesar, babanje gusura irerero rya Bayern Munich rikinamo Abanyarwanda babiri, Ndayishimiye Balthazar na David Okoce.

Ni ku nshuro ya gatatu iyi kipe yo mu Bufaransa igera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, nyuma ya 2019/20 na 2024/25 ubwo yanaritwaraga itsinze Inter Milan.

Umukino wa nyuma wa UEFA Champions League uzabera mu Mujyi wa Budapest muri Hongrie, ku itariki ya 30 Gicurasi 2026, aho izahura na Arsenal yawugezeho isezereye Atletico Madrid.

Paris Saint-Germain irashaka kwisubiza UEFA Champions League yatwaye mu mwaka ushize
Bayern Munich yananiwe gutsinda PSG ngo igere ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League
Ousmane Dembélé yatsinze igitego cyahesheje intsinzi PSG

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages