00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

UEFA Champions League: Arsenal yagumye mu munyenga w’intsinzi, Real Madrid igwa i Liverpool

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 5 November 2025 saa 07:26
Yasuwe :

Imikino ya UEFA Champions League yakomeje gukinwa, aho Arsenal yatsinze Slavia Prague ibitego 3-0 uba umukino wa munani itinjizwa igitego, Liverpool itsinda Real Madrid iyibabaje, ndetse Paris Saint-Germain yinanirirwa imbere y’abakunzi bayo itsindwa na Bayern Munich ibitego 2-1.

Mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 4 Ugushyingo 2025, ni bwo ku bibuga byo mu mijyi itandukanye i Burayi hatangiye gukinirwa imikino y’Umunsi wa Kane wa UEFA Champions League.

Mu mikino icyenda yakinwe, uwari uhanzwe amaso kurenza indi ni uwa Liverpool na Real Madrid wabereye mu Bwongereza mu mujyi wa Liverpool kuri Anfield.

Liverpool yakiniraga imbere y’abakunzi bayo byagaragaye ko ari yo yinjiye mu mukino mbere, itangira gukina irema uburyo bugana mu rubuga rw’amahina rwa Real Madrid nubwo nta gihambaye yabukoreshaga.

Ku munota wa 28 w’umukino Dominik Szoboszlai yabonye amahirwe yo guhabwa umupira asigaranye n’umunyezamu wa Real Madrid, Thibaut Courtois, ariko ananirwa kuwushyira mu izamu ahubwo awumutera mu ntoki.

Hashize umunota umwe gusa, Aurélien Tchouaméni yakoze umupira n’intoki ari hafi y’urubuga rw’amahina, gusa umusifuzi yifashisha VAR asanga nta mpamvu yo gutanga penaliti.

Uburyo bukomeye bwa Real Madrid bwabonywe na Jude Bellingham wateye ishoti rikomeye ari mu rubuga rw’amahina ariko umunyezamu Giorgi Mamardashvili arawitambika ujya muri koruneri.

Mu gice cya kabiri Liverpool yakomeje umurego wayo ndetse mu minota ibiri kigitangira Courtois akuramo imipira ibiri yabazwe ya Virgil van Dijk na Hugo Ekitike.

Alexis Mac Allister wa Liverpool yatsinze igitego cya mbere muri uyu mukino, atereka mu izamu umupira wari uvuye kuri coup-franc yari itewe na Dominik Szoboszlai ku munota wa 61.

Livepool yakomeje kubiza icyuya Real Madrid itakinnye neza muri uyu mugoroba ishaka kuyitsinda igitego cya kabiri kuko yayisatiraga cyane, ariko itahana amanota atatu ku ntsinzi y’igitego 1-0 gusa.

PSG yinaniwe

Bayern Munich yo mu Budage yari yerekeje mu Bufaransa gukina na Paris Saint-Germain mu mukino wabereye kuri Parc des Princes.

Ku makosa yo gukuramo umupira awuganisha mu rubuga rw’amahina gusohoka nabi k’umunyezamu Lucas Chevalier wa PSG, Bayern Munich yabonye igitego cya mbere ku munota wa kane cyinjijwe na Luis Diaz.

Iki gitego cyongereye imbaraga nyinshi abakinnyi ba Bayern Munich basatira kurushaho, bashaka igitego cya kabiri muri uyu mukino hakiri kare.

Mu minota 20 y’umukino PSG yari yatangiye gutinyuka no kuva inyuma ikoresheje imipira yo mu mpande, igana ku izamu rya Bayern Munich, ndetse yinjiza n’igitego ku mupira washyizwe mu izamu na Ousmane Dembélé gusa VAR ivuga ko yaraririye.

Uyu rutahizamu yahise agira imvune yatumye adakomeza umukino, asimbuzwa Lee Kang-in.

Luis Diaz yatsinze igitego cya kabiri muri uyu mukino kubera guhuzagurika kw’abakinnyi ba PSG, ndetse yashoboraga no gutsindwa icya gatatu ku mupira watewe na Serge Gnabry ugakubita ibiti bibiri by’izamu.

Mbere y’uko igice cya mbere kirangira Luis Diaz yakoreye ikosa Achraf Hakimi wakuwe mu kibuga agasimbuzwa Senny Mayulu, ariko na we ahita yerekwa ikarita itukura.

Uyu yabaye umukinnyi wa kabiri utsinze ibitego bibiri mu mukino agahabwa ikarita itukura mu mateka y’iri rushanwa, akurikira Antoine Griezmann byabayeho mu 2021.

Ibi byorohereje PSG mu gice cya kabiri ikinira mu kibuga cya Bayern Munich ishaka kwishyura, ariko uburyo bukomeye bwose bwabonekaga ntibuvemo igitego.

Aha harimo ubwa Nuno Mendes wateye ishoti mu izamu ariko umunyezamu Manuel Neuer awohereza muri koruneri, ndetse na Vitinha wawuteranye imbaraga nke uyu munyezamu akawufata.

Igitego cya mbere cy’iyi kipe yari iwayo cyatsinzwe na Joao Neves ku munota wa 74 nyuma yo guherezwa umupira mwiza na Kang-In Lee, kiyiha icyizere cyo kuba yatsinda icya kabiri ariko amahirwe akomeza kuba make.

Umukino warangiye PSG inaniwe no kunganya byibuze, Bayern Munich yegukana amanota atatu ndetse iba inshuro ya 19 itsinze yikurikiranya.

Arsenal yagumye mu munyenga w’intsinzi

Arsenal FC yongeye kwerekana ko ari iyo kwitondera muri iri rushanwa kuko yatsinze Slavia Prague ibitego 3-0, ndetse umukinnyi wayo Max Dawman w’imyaka 15 n’amezi 10 aba umukinnyi muto ukinnye UEFA Champions League.

Iyi kipe kandi iyoboye Shampiyona y’u Bwongereza yujuje imikino umunani mu marushanwa yose idatsinzwe kandi itinjijwe igitego, agahigo yasangiye na Preston yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Shampiyona y’u Bwongereza yabikoze mu 1889 na Liverpool yabikoze mu 1920.

Bukayo Saka ni we mukinnyi wa mbere wa Arsenal utsinze byibuze igitego muri buri mukino muri ine yikurikiranya iyi kipe yakiniye hanze muri UEFA Champions League.

Bayern Munich na Arsenal ni zo ziyoboye urutonde rw’agateganyo rwa UEFA Champions League n’amanota 12 n’ikinyuranyo cy’ibitego 11 ndetse biteganyijwe ko izi kipe zombi zizasakirana mu mukino w’Umunsi wa Gatanu w’iri rushwanwa.

Uko indi mikino yagenze

Atletico Madrid 3-1 Royale Union Saint-Gilloise
FK Bodø/Glimt 0-1 Monaco
Juventus 1-1 Sporting
Olympiacos F.C. 1-1 PSV
Tottenham 4-0 F.C. Copenhagen
Napoli 0-0 Frankfurt

Abakinnyi 11 Real Madrid yabanje mu kibuga
Abakinnyi 11 Liverpool yabanje mu kibuga
Liverpool yatsinze Real Madrid igitego 1-0
Umunyezamu wa Real Madrid, Thibaut Courtois, yayitabaye cyane mu mukino
Vinicius Junior ahanganye na Mohamed Salah
Olympiacos F.C. yanganyije na PSV
Juventus yaguye miswi na Sporting
Tottenham yabonye ikarita itukura yatsinze Copenhagen ibitego 4-0
AS Monaco yasanze FK Bodø/Glimt iwayo iyitsindirayo igitego 1-0
Atletico Madrid yo muri Espagne yatsinze Royale Union Saint-Gilloise yo mu Bubiligi ibitego 3-1
Atletico Madrid yitwaye neza mu ijoro rya UEFA Champions League
PSG yananiwe kwikura imbere ya Bayern Munich
Bayern Munich yabonye ibitego byayo hakiri kare
Bayern Munich yakinnye igice cya kabiri yugarira
Max Dowman yabaye umukinnyi muto ukinnye UEFA Champions League
Arsenal yatsinze Slavia Prague ibitego bitatu
Napoli yanganyije na Frankfurt

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages