00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Burayi: Ubushyuhe budasanzwe bwatangiye kugira ingaruka ku bakinnyi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 16 August 2026 saa 09:47
Yasuwe :

Ubushyuhe budasanzwe mu bihugu by’i Burayi bwatangiye kugira ingaruka ku bakinnyi, aho mu mukino wa FC Bayern Munich na RB Leipzig, Jamal Musiala, yikubise hasi, gusa agahabwa ubutabazi bwihuse.

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, tariki ya 16 Kanama 2026, ni bwo ku kibuga cya Allianz Arena mu Budage, habereye umukino wa gicuti wahuje aya makipe yombi yo muri Bundesliga.

Ni umukino Bayern Munich yitwayemo neza itsinda ibitego 3-1, ndetse igitego cya gatatu cyatsinzwe na Jamal Musial ku mupira yaherejwe na Ismael Saibari mushya muri iyi kipe.

Iki gitego kikimra kugeramo, Jamal Musiala, yahagaze mu kibagiye kwikubita hasi mugezi we, Saibari, arahagoboka ahita amufata mbere y’uko bahamagara ubutabazi bw’ibanze ngo buze kumwitaho mu kibuga.

Abaganga bmuhaye ubufasha, ariko nyuma bitangazwa ko uyu mukinnyi yagizweho ingaruka n’ubushyuhe bwinshi bwari buhari, bugatuma umubiri we ucika intege.

Ibihugu by’i Burayi birimo u Budage, u Bufaransa n’u Bubiligi biri guhura n’ubushyuhe bukabije, aho byibuze abagera ku 16.000, bishwe n’indwara zifitanye isano no kugira ubushyuhe bwinshi.

Jamal Musiala yituye hasi kubera ubushyuhe bwinshi
Jamal Musiala yatabawe na bagenzi be ubwo yituraga hasi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages