00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Twibanda ku bibi gusa muri ruhago yacu: Ese ntitwakwigira ku byo twagezeho?

Yanditswe na Murangwa Eugène
Kuya 10 September 2026 saa 08:58
Yasuwe :

Ese koko ikibazo cya ruhago yacu ni uko hari byinshi bitagenda, cyangwa ikibazo ni uko twamaze kugira umuco wo kubona ibitagenda gusa?

Iki ntekereza ko ari ikibazo cyibazwa n’abantu benshi bitewe n’ibibazo bihora muri ruhago yacu ndetse bikaba ari ibintu bikunze kugarukwaho na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, umwe mu bakunzi b’imena b’umupira w’amaguru mu Rwanda.

Nifuje kugaruka kuri iki kibazo nyuma y’uko hari umuntu wasubije ku gitekerezo nari natanze kuri X, yahoze izwi nka Twitter, ambaza icyo nise “negativity iba muri ruhago yacu.”

Ibi nari nabivuze ngaruka ku nkuru yari yanditswe n’ushinzwe Itangazamakuru muri FERWAFA, Roben Ngabo, aho yari yagarutse ku guhamagara abakinnyi b’amakipe y’Igihugu y’abakuru, U17 na U23, ari kwitegura guhagararira u Rwanda mu mikino inyuranye – inkuru zinyuranye mu itangazamakuru zari zibanze ku kibazo cy’abakinnyi bahamagawe ngo bidakwiye, abatarahamagawe, abatoza ngo basimbujwe abandi n’ibindi bigaragaza inkuru zirimo kwibanda ku bintu bitari ngombwa.

Mu gusubiza icyo kibazo, nasanze ari ngombwa gusobanura neza icyo nashakaga kuvuga, kuko ‘negativity’ atari ukuvuga ko umuntu atemerewe kunenga cyangwa kuvuga ibitagenda. Ahubwo ni uko tureba ibintu, ibyo duhitamo gushyira imbere n’umwuka tugira mu biganiro byacu bya buri munsi kuri ruhago.

“Negativity” mu mupira wacu bivuga kugira ibitekerezo bibi, imyumvire mibi, guhora twibanda ku bibi no kugira umuco wo guhora tubona ibitagenda, kandi njye mbona ko ibyo biri mu biranga ibiganiro n’amakuru bya buri munsi kuri ruhago yacu.

Kunenga, ariko ugamije kubaka

Reka mbivuge neza: Sinshyigikiye ko kunenga ruhago yacu bihagarara.

Ruhago ikeneye abantu bavuga ukuri, abanyamakuru babaza ibibazo bikomeye, abasesenguzi badatinya kuvuga ibitagenda, abafana batanga ibitekerezo byabo ndetse n’abayobozi bemera kubazwa ibijyanye n’inshingano zabo.

Ariko hari itandukaniro hagati yo kunenga byubaka no guhora ugaragaza ibitagenda gusa iteka ryose.

Kunenga bigira agaciro iyo bidufasha kumenya ikibazo, gusobanukirwa impamvu yacyo no gushaka igisubizo. Ushobora kuvuga ko umukinnyi, umutoza, umuyobozi cyangwa gahunda runaka bitagenze neza, ariko igitekerezo cyawe kikaba gifite intego yo gutuma ibintu birushaho kuba byiza kurusha kugaragaza ko byacitse.

Kuvuga ukuri ntabwo bisaba guhora ubona ibibi gusa.

Ni yo mpamvu ntekereza ko dukeneye kugira inshingano zo gukora ibyubaka, kunenga hari icyo tugamije no kugira ibiganiro byubaka. Ntabwo mvuga ngo twirengagize ibitagenda; ahubwo ikibazo ni ukureka ibitagenda bikaba ari byo byonyine bigena ishusho ya ruhago yacu.

Iyo hari ikintu cyakozwe neza, na cyo tugomba kukivuga. Iyo ikipe yitwaye neza, umukinnyi akitwara neza cyangwa hagashyirwaho gahunda ishobora guteza imbere ruhago, ibyo na byo bikwiye kuba inkuru ndetse ihabwa umwanya munini kurusha kuvuga ku bitagenze neza kuko urwego ruhago yacu iriho ikeneye kubungwabungwa no gushyigikirwa.

Amavubi yari mu bihe bitari ibyo kuyajoga no kuyajora

Ikipe y’Igihugu iri mu bihe bitari bibi, cyane cyane nyuma y’uko yitwaye neza mu mikino ya FIFA Series.

Muri ibi bihe, amakuru n’ibiganiro bivuga ku Mavubi byagombye kuba byubaka icyizere no guha agaciro ibyiza biriho.

Ibi ntibivuze guhishira ibibazo. Ahubwo ni ukumenya gushyira ibintu mu gaciro kuko abakinnyi bakeneye kumva ko Abanyarwanda babashyigikiye, abatoza bakagirirwa icyizere, abafana bakarushaho gukunda no gushyigikira ikipe yabo, ariko byose bigakorwa byubakiye mu kwimakaza ukuri na kubahiriza inshingano.

Amavubi aheruka kwitwara neza muri FIFA Series 2026, yegukana igikombe mu Itsinda A

Tugomba kumenya abo turi bo

Hari ikindi kibazo mbona gikomeye. Iyo witegereje usanga dushaka gufata ibyo tubona mu Bwongereza, Espagne, u Butaliyani, Brésil n’ahandi, tukavuga tuti “Natwe ni uko tugomba kubigenza.”

Ni byiza kwigira ku bandi. Ni ngombwa kureba uko bateye imbere, kumenya ibyo bakoze neza no kubigiraho. Ariko kwigira ku bandi ntibisobanuye kwibagirwa abo turi bo.

Ruhago yo mu Rwanda ifite amateka yayo, imiterere yayo, ubushobozi bwayo, ibibazo byayo n’intego zayo. Ntabwo uburyo umupira w’amaguru ufatwa mu bihugu bimaze imyaka myinshi byubatse uruganda rwa ruhago ari bwo buryo bwonyine bushoboka kuri twe.

Biroroshye ko twagira ku bandi bose, ariko tugaharanira kubaka ibiri mu bushobozi n’imibereho byacu.

Ibisubizo twishatsemo byagombye kuba urugero muri byose

Niba hari ikintu igihugu cyacu cyatwigishije mu myaka 32 ishize, ni akamaro ko kwishakamo ibisubizo bifite umwimerere Nyarwanda, ibyo nakwita “Home-grown solutions.”

Igihugu cyacu nticyageze aho kiri kubera ko twirengagije ibibazo, ahubwo habayeho ubushake bwo kureba imbere, gutekereza, gushaka ibisubizo bijyanye n’imiterere yacu no kubakira ku byo dufite.

Hari ibibazo byinshi byari bihari, ndetse n’ubu biracyahari. Ariko ntitwigeze duhitamo ko ibyo bibazo ari byo byonyine bigomba gusobanura abo turibo, aho turi cyangwa aho tugana.

Kuki tutareba ibyo abandi bakoze neza, ariko tukabihuza n’imiterere yacu?

Kuki tutashaka uburyo bwacu bwo guteza imbere abakinnyi, kuzamura abakiri bato, abafana, itangazamakuru, ubucuruzi muri ruhago n’imiyoborere?

Kuki tutakwibaza tuti “Ni iki twakora gitandukanye ndetse n’iki twakora neza kurushaho?”, aho guhora twibaza gusa tuti “Turabyegeka kuri nde?”

Aho twerekeza

Ntekereza ko ikibazo gikomeye atari uko hari abantu banenga cyane. Ikibazo ni iyo kunenga bihindutse umuco wo gusenya aho kuba uburyo bwo gukosora no kubaka.

Ruhago yacu ntikeneye abantu bemera buri kintu buhumyi, ariko kandi ntikeneye n’ababona buri kintu nk’ikibazo.

Ikeneye abantu bashobora kuvuga bati “Iki nticyagenze neza, kandi dore uko twabikosora.”

Ikeneye abantu bashobora kuvuga bati “Ibi byagenze neza, reka turebe uko twabikomeza.”

Kandi ikeneye abantu bashobora kwigira ku bandi ariko ntibibagirwe gushaka ibisubizo bihuye n’imiterere yacu.

Impamvu ni uko kubaka umupira w’amaguru atari ugusana ibyangiritse, ahubwo ari no kumenya ibigenda neza no gutuma biba byiza kurushaho.

Niba koko dushaka kubaka ruhago ikomeye, tugomba kubakira ku bushishozi, ubunyangamugayo, ubupfura n’ubunyamwuga, ariko nanone tukagira ubushobozi bwo kubona ibyiza dufite, kubishima no kubyubakiraho.

Ikibazo si uko nta byiza dufite muri ruhago yacu. Ikibazo ni uko tutaramenya guha agaciro ibikorwa neza, tukibanda gusa ku bitagenda.

Murangwa Eric Eugène ni umunyabigwi w’umupira w’amaguru wabaye umunyezamu wa Rayon Sports n’Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’. Uyu munsi ayobora Ishyirahamwe ry’abakiniye Ikipe y’Igihugu n’abakinnye mu Cyiciro cya Mbere [FAPA].

Murangwa Eugène asanga kunenga ibitagenda muri ruhago y'u Rwanda bigomba gukorwa hagamije kubaka, aho kunenga gusa hakirengagizwa ibyagezweho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages