00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump azatanga igikombe kuri ‘Finale’ Igikombe cy’Isi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 June 2026 saa 10:46
Yasuwe :

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, yavuze ko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, azitabira umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi ndetse akaba ari we utanga igikombe ku ikipe izacyegukana.

Trump w’imyaka 80, ntaritabira umukino n’umwe mu Gikombe cy’Isi cy’uyu mwaka, ariko ashobora kuzaba ari kuri MetLife Stadium ku wa 19 Nyakanga.

Igikombe cy’Isi cyatangiye ku wa 11 Kamena kiri kubera muri Canada, Mexique na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ku wa Kabiri, Perezida wa FIFA, Gianni Infantino yabwiye ikinyamakuru Fox ko Trump azareba umukino wa nyuma ndetse bagafatanya gutanga igikombe.

Ati “Tuzaba turi kumwe na perezida twishimira umukino wa nyuma, tunatanga igikombe ku ikipe izacyegukana. Buri gihe tuba turi kumwe.”

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizakira imikino 78 mu mikino 104 igize irushanwa, mu gihe indi izabera muri Mexique na Canada.

Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa muri White House, Andrew Giuliani, yabwiye ikinyamakuru The Telegraph ko Trump ataritabira umukino n’umwe kubera akazi kenshi afite.

Trump witabiriye imikino ya UFC yabereye kuri White House mu cyumweru gishize, yaherukaga kuvugirizwa induru ubwo yabaga Perezida wa mbere wa Leta Zunze Ubumwe za Amerka witabiriye Imikino ya nyuma ya NBA ubwo yarebaga uwa gatatu wahuje New York Knicks na San Antonio Spurs.

Mu mpeshyi ya 2025, Trump yagumye aho batangira igikombe ubwo yari amaze gushyikiriza Kapiteni wa Chelsea, Reece James, Igikombe cy’Isi cy’Amakipe bari bamaze kwegukana, ibyateye benshi barimo n’abakinnyi kwibaza impamvu atahavuye nk’uko abandi bayobozi bose babigenza.

Infantino uyobora FIFA yavuze ko Trump azitabira umukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi cya 2026 bagafatanya gutanga igikombe
Mu 2025, Donald Trump yahaye Chelsea igikombe agumana n'abakinnyi kuri 'podium'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages