Iyi mikino ya nyuma yabereye kuri Kigali Pelé Stadium ku Cyumweru, tariki ya 12 Nyakanga 2026.
Umukino wa nyuma mu ngimbi, watangiye Tony Football Academy isatira cyane ndetse bidatinze Mugunga Daniel akorerwa ikosa n’umunyezamu mu rubuga rw’amahina, umusifuzi atanga penaliti.
Yatsinzwe neza na Tuyizere Fabrice ku munota wa 10, iyi kipe iyobora umukino.
Nyuma y’iminota ine gusa Kwizera Charles yatsinze igitego cya kabiri cya Tony yarushaga Amagaju bigaragara.
Ikipe yo mu majyepfo yakomeje kugorwa cyane kuko no guhererekanya umupira inshuro eshatu cyari ikibazo, kongeraho n’umunyezamu Mutangwa Cedrick wayibereye ibamba.
Ku munota wa 35, Tony yongeye kuzamukana umupira yihuta Tuyizere Fabrice atsinda igitego cya gatatu kiba icya kabiri cye muri uyu mukino.
Tuyizere Fabrice yatsinze igitego cye cya gatatu kiba icya kane muri uyu mukino.
Igice cya mbere cyarangiye Tony Football Academy yanyagiye Amagaju FC ibitego 4-0.
Iyi kipe y’i Musanze yakomerejeho no mu gice cya kabiri ku munota wa 47, Nyatanyi Yvan Luc Rutikanga yatsinze igitego cya gatanu, ku burangare bw’ib’inyuma b’Amagaju.
Mu minota 60, Amagaju yagerageje gusatira aniharira umukino, Mugisha Migambi Michel Ange ayitsindira impozamarira ku munota wa 64.
Mu minota ya nyuma umukino watuje utangira gukinirwa cyane mu kibuga hagati ari na ko amakosa aba menshi ku mpande zombi.
Umukino warangiye Tony Football Academy yanyagiye Amagaju FC ibitego 5-1 yegukana Igikombe cya Shampiyona y’Abatarengeje imyaka 20.
Mu bakobwa, iki gikombe cyegukanwe na APR WFC yanyagiye Center for Champions WFC ibitego 7-0.
Abakinnyi bahize abandi mu bahungu ni Tuyizere Fabrice n’umunyezamu Mutangwa Cedrick. Mu bakobwa, umunyezamu mwiza yabaye Maombi Joanna, umukinnyi mwiza aba Akimana Marta bombi ba APR WFC.
Tony Football Academy na APR WFC zegukanye ibikombe zahembwe miliyoni 3 Frw, Center for Champions n’Amagaju FC zihabwa miliyoni 1.5 Frw.
Amafoto: Kasiro Claude



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!