00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

SKOL yahembye abikinnyi beza ba Nzeri 2025 muri Rayon Sports

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 16 October 2025 saa 09:07
Yasuwe :

Uruganda rwa SKOL Brewery Ltd rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwahembye abakinnyi bahize abandi muri Nzeri 2025 muri Rayon Sports y’Abagabo n’Abagore.

Tambwe Gloire Ngongo yahize abandi mu bagabo, aho mu mikino ine Rayon Sports yakinnye, uyu mukinnyi yatsinzemo ibitego bibiri, atanga n’imipira ibiri yavuyemo ibindi.

Ni mu gihe mu bagore, Gikundiro Scholastique yahize abandi aho mu mikino ine yakinnye yatsinze igitego kimwe anatanga umupira umwe wavuyemo ikindi by’umwihariko muri CECAFA Womens Champions League.

SKOL imaze imyaka 10 ari umuterankunga mukuru wa Rayon Sports no kuva iy’abagore yashingwa mu 2022.

Mu mpera z’icyumweru, aya makipe azaba ari mu kibuga, aho Rayon Sports izakira Rutsiro FC ku wa Gatandatu saa 18:00 kuri Kigali Pelé Stadium. Ni mu gihe Rayon Sports y’Abagore izakina na Inyemera WFC.

Tambwe Gloire yabaye umukinnyi mwiza wa Nzeri 2025 muri Rayon Sports
Tambwe yahigitse abarimo Kabange na Ndikumana Asman
Gikundiro Scholastique yabaye umukinnyi wa Nzeri 2025
Gikundiro Scholastique ashyikirizwa igihembo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages