00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Simba nabigambiriye- Kwizera Olivier yavuze ku gukura umutima Aba-Rayons (Video)

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 22 May 2026 saa 07:42
Yasuwe :

Umunyezamu wa Rayon Sports, Kwizera Olivier, ukunze gukina acenga ba rutahizamu b’amakipe bigakura imitima abafana bakeka ko yatsindwa igitego bitunguranye, yavuze ko atari cyo aba agambiriye ahubwo ari uburyo bwo gukina umupira uhereye inyuma.

Ibi yabitangaje nyuma y’imyitozo ya nyuma ya Rayon Sports yitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro uzayihuza na APR FC, yabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 23 Gicurasi 2026.

Kwizera yavuze ko uyu mukino w’ishiraniro bashaka kuwutsina kuko ari Rayon Sports ari yo ikeneye Igikombe.

Ati “Intego y’umunsi w’ejo ni ugufasha Rayon Sports kwegukana Igikombe kuko ni yo igikeneye cyane kuko APR FC ifite ibyo yagezeho. Uyu mwaka negukanye icya FIFA Series, ubu ndashaka kugihesha na Rayon Sports, Imana nibishaka.”

Kwizera yavuze ku mpamvu ajya ahitamo gukina mu buryo butera ubwoba abafana ba Rayon Sports, agaragaza ko nta nabi aba agamije, ahubwo ari uburyo bwiza bwo gukina.

Ati “Icyo mba nshaka gukora si ikibi. Nifuza gukora ibyiza kugira ngo mfashe ikipe. Nibara nk’umukinnyi wa 12 kiriya gihe kugira ngo mfashe abandi gutangira kubaka umukino.”

“Ni yo mpamvu nshobora gutanga umupira umwe cyangwa ibiri ugasanga tugeze imbere y’izamu biboroheye. Hari ikintu abantu batabasha kumva, bumva ko ngo ngumana umupira. Ariko ngumana umupira kugira ngo uwo bafashe bamuveho, ntabwo natanga umupira begeranye.”

Umukino uheruka guhuza Rayon Sports na APR FC, amakipe yombi yanganyije igitego 1-1, Kwizera Olivier avuga ko yifuza kongera kugira amahirwe yo gukina na yo akayambura intsinzi.

Rayon Sports FC irashaka gutsinda uyu mukino kugira ngo yizere itike yo kuzasohokera u Rwanda mu mikino ya CAF Confederation Cup, dore ko inzira yo muri Shampiyona ikiyihanganiye na Kiyovu Sports.

Gikundiro iri ku mwanya wa kane n’amanota 52, isigaje imikino ibiri muri BK Pro League, harimo uzayihuza na Bugesera FC n’uzayihuza na Kiyovu Sports. Ni mu gihe undi mukino urucaca rwa gatanu n’amanota 51 rufite ari uzaruhuza na Police FC.

Gorilla FC yegukanye umwanya wa gatatu mu Gikombe cy’Amahoro inyagiye Etincelles FC ibitego 6-1 mu bagabo, mu gihe mu bagore AS Kigali WFC yawutwaye itsinze Muhazi United WFC igitego 1-0.

Kwizera Olivier yavuze ku makosa akora mu kibuga agakura umutima abafana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages