00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Shyaka David yahawe amasezerano mashya muri PSV Eindhoven

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 7 July 2026 saa 10:13
Yasuwe :

Umunyarwanda w’imyaka 15, Shyaka David yahawe amasezerano mashya nk’umukinnyi w’umunyamwuga muri PSV Eindhoven yo mu Buholandi, akazamugeza mu 2029.

Ku wa Mbere, tariki ya 6 Nyakanga 2026, ni bwo uyu mukinnyi yashyize umukono ku masezerano, nyuma yo kumara imyaka ye y’ubuto arererwa muri iyi kipe kuva 2019.

Mu butumwa bwatambukijwe n’iyi kipe ikina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Buholandi, yavuze ko ari iby’agaciro gakomeye gusinyisha uyu mukinnyi amasezerano mashya.

Yagize iti “Ni ibihe bidasanzwe kuri rutahizamu ukiri muto. Ni intambwe ikomeye mu buzima kuri uyu mukinnyi ukiri muto.”

Kugeza ubu ni umukinnyi wa PSV y’abatarengeje imyaka 17, akaba aheruka no kuyifasha kunyagira Feyenoord y’abatarengeje imyaka 17 ibitego 5-1. Icyo gihe yatsinze bibiri.

Uyu mukinnyi uri kuzamuka neza mu mwanya wa ba rutahizamu, mu mwaka w’imikino uheruka yari umwe mu bakinnyi batsinze ibitego byinshi mu bakiri bato, aho yinjije ibigera kuri 21.

Shyaka wahawe amasezerano y’imyaka itatu, nubwo yavukiye mu Rwanda ariko ni umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’u Buholandi y’Abatarengeje imyaka 16.

Shyaka David yahawe amasezerano ya PSV Eindhoven azamugeza mu 2029
Shyaka David yakiniye PSV Eindhoven kuva mu 2019

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages