Munyakazi Sadate afite sosiyete Karame Rwanda yubaka inzu n’imihanda irimo iya kaburimbo, iy’ibitaka n’iy’amabuye. Ikora kandi imirimo yo kurwanya ibiza, ikanabungabunga za ruhurura.
Kuri uyu wa 16 Mutarama 2025, abinyujije ku rubuga rwa X, Sadate yatangaje ko yishimiye kwishyura iri deni yari afitiye igihugu, asobanura ko ryari rimaze iminsi rimuhangayikishije.
Uyu mushoramari yakanguriye n’abandi ba rwiyemezamirimo bafitiye amadeni RRA kuyishyura, aho guhindura amazina no guhunga.
Yasabye RRA kandi ko bishobotse we na bagenzi be bajya bakurirwaho ibihano by’ubukererwe mu gihe cyose bemeye kwishyura amadeni bafitiye iki kigo.
Waramutse RWANDA MUSOME INKURU Y'UKUNTU EJO NISHYUYE IDENI! SINZABA UMUHERWE UTISHYURA AMADENI
-----------------------------------Ku munsi w'ejo nishyuye ideni ry'Imisoro rya miliyoni zirenga 76 narimfitiye igihugu cyanjye, muzi ukuntu narimpaganyitse kubera ntari mfite uko… pic.twitter.com/1eUULxDOgT
— Munyakazi Sadate (@SadateMunyakazi) January 16, 2025
Ibinyujije kuri X, RRA yashimiye Sadate ku gikorwa yakoze, iti “Turabashimira ko mwishyuye ideni ry’umusoro no kuba mwakanguriye abafite amadeni kutwegera kugira ngo bafashwe kubona amasezerano yo kwishyura mu byiciro niba badashobora kwishyurira rimwe.”
Ku kuba abakererwa bakurirwaho ibihano, iki kigo cyasubije Sadate kiti “Ku bigendanye n’ibihano n’inyungu z’ubukererwe, iyo umaze kwishyura umusoro fatizo, bihita bihagarara, ntibikomeze kwiyongera.”
Dear @Sadate,
Turabashimira ko mwishyuye ideni ry'umusoro no kuba mwakanguriye abafite amadeni kutwegera kugira ngo bafashwe kubona amasezerano yo kwishyura mu byiciro niba badashobora kwishyurira rimwe.Ku bigendanye n'ibihano n'inyungu z'ubukererwe, iyo umaze kwishyura…
— Rwanda Revenue Authority (@rrainfo) January 16, 2025
Umushoramari akaba na rwiyemezamirimo, Munyakazi Sadate, yabaye Perezida wa Rayon Sports hagati ya 2019 na 2020. Ubu ni umwe mu bajyanama b’urwego rw’ikirenga rw’iyi kipe.
Asanzwe kandi ari Umuyobozi w’Ihuriro ry’Abakora Imirimo y’Ubwubatsi (ICAR), umwanya yatorewe mu Ugushyingo 2024.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!