00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rutsindura Antoine ’Mabombe’ yagizwe Umuyobozi wa Tekinike muri Police FC

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 2 July 2026 saa 08:48
Yasuwe :

Ikipe ya Police FC iri kwiyubaka yitegura umwaka utaha w’imikino wa 2026/27, yatangaje ko yashyizeho Rutsindura Antoine ‘Mabombe’, nk’Umuyobozi Mukuru wa Tekinike.

Police FC ni imwe mu makipe ari kwiyubaka kugira ngo ikosore amakosa yakozwe mu mwaka ushize wa 2026/27, ubwo yatangiraga neza ariko igasoza nabi.

Kimwe mu byo iri kubaka harimo n’urwego rw’imiyoborere, aho yahise itangaza ko Rutsindura Antoine, ari we uzaba ushinzwe ibikorwa bya tekinike muri iyi kipe, nk’uko yabitangaje kuri uyu wa Kane, tariki ya 2 Nyakanga 2026.

Aka ni akazi yakoze mu bihe bitandukanye, ubwo yabaga Umujyanama mu bya Tekinike mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, akaba n’Umuyobozi wungirije wa Tekinike mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA.

Rutsindura asanzwe ari umwarimu w’abatoza b’umupira w’amaguru mu Rwanda. Yatoje Rayon Sports by’igihe gito hagati ya 2006 na 2007.

Police FC ikomeje gushaka umutoza uzayitoza mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27, nyuma y’uko itandukanye n’Umunya-Tunisia, Ben Moussa.

Rutsindura Antoine 'Mabombe' yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Tekinike muri Police FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages