00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rusheshangoga na Imran batabarije APR FC yandagajwe na Gor Mahia

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 24 July 2026 saa 11:59
Yasuwe :

Rusheshangoga Michel na Nshimiyimana Imran bakiniye APR FC bayitabarije nyuma y’aho iyi kipe yatsinzwe na Gor Mahia ibitego 5-0 mu mukino wa mbere wa CECAFA Kagame Cup 2026.

Uyu mukino wabereye muri Stade Amahoro, ku wa Gatanu, tariki ya 24 Nyakanga 2026.

Nyuma y’umukino, aba bagabo bakiniye APR FC igihe kinini bagiye ku mbuga nkoranyambaga bagaragaza ko Ikipe y’Ingabo z’Igihugu ikwiye kugira icyo ikora mu maguru mashya.

Rusheshangoga yagize ati “Niba haricyo gukosora gikosorwe vuba bigishoboka. Ibi biteye isoni kandi si yo sura cyangwa urwego APR FC ikwiriye kugaragaza.”

Nshimiyimana Imran we yavuze ko yabonye ikipe idakinana ishyaka.

Ati “Mufatire hafi iki ni igisebo gikomeye. Nta mbaraga, nta mwuka wo guhatana, nta mutima, bari aho gusa mu myambaro y’ikipe. Ibi ni bibi ni bibi.”

APR FC yaherukaga gutsindwa ibitego birenze bine mu mukino umwe, ubwo yanyagirwaga na Pyramids ibitego 6-1 mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League mu 2023.

Umukino wa kabiri wa CECAFA Kagame Cup 2026, Ikipe y’Ingabo izakina na Garde Républicaine yo muri Djibouti, ku wa Mbere, tariki ya 27 Nyakanga 2026, saa 18:00 kuri Kigali Pele Stadium.

Ubutumwa bwa Rusheshangoga kuri APR FC
Ubutumwa bwa Nshimiyimana Imran kuri APR FC
Rusheshangoga Michel yatabarije APR FC yabereye kapiteni
Imran yavuze ko yabonye abakinnyi ba APR FC badafite umutima wo kwitangira ikipe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages