00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ronaldinho yasubiye mu kibuga kubera Lionel Messi na Cristiano Ronaldo

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 21 August 2026 saa 07:48
Yasuwe :

Nyuma y’imyaka 11 hagaritse umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, Ronaldinho Gaúcho yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Ravenna ku myaka 46, mu rwego rwo gutera ikirenge mu cya Cristiano Ronaldo na Lionel Messi bagikinana imbaraga ku rwego rwo hejuru.

Mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 20 Kanama 2026, ni bwo Ronaldinho yatangajwe nka ruthizamu mushya wa Ravenna yo mu Cyiciro cya Gatatu mu Butaliyani.

Umunyabigwi mugenzi we bakinanye Ronaldo Luís Nazário de Lima, yahishuye ko impamvu yatumye uyu mukinnyi asubira mu kibuga ari ukugira ngo atere ikirenge mu cya Messi na Cristiano bagikina kandi imyaka yabo yarigiye hejuru.

Ati “Ntabeshye, abimbwira narikanze. Naratunguwe kuko ni ubwa mbere nari mbyumvise. Namubajije niba ari umusazi, kuko si ibintu nari niteguye ko yambwira. Ariko ambwira ko ari ibintu yatekerejeho igihe kinini kuko yibona nk’umuntu ukumbuye umupira w’amaguru.”

“Buriya yifuza no kongera gukinira Ikipe y’Igihugu ya Brésil akongera akayihesha Igikombe cy’Isi. Namubajije icyamuteye imbaraga, ambwira ko abakinnyi nka Messi, Cristiano Ronaldo n’abandi bagikina ari bakuru, ko ari bo batumye yumva ko agifite izo mbaraga.”

Ronaldo Nazário yongeyeho ko Ronaldinho yifuza kwereka abakiri bato uko mu bihe byabo bakinaga umupira w’amaguru bawishimiye, bisanzuye ndetse bagaragaza n’impano zabo.

Ronaldinho wegukanye Igikombe cy’Isi mu 2002 ari kumwe na Brésil, yahawe ikaze na nyir’Ikipe ya Ravenna FC, Ignazio Cipriani, wavuze ko gukorana na Ronaldinho bizaba ari akarusho kubera ubushobozi afite.

Nubwo bigoye ko azakinira iyi kipe imikino myinshi, uyu mugabo wegukanye Ballon D’Or mu 2005, azakina mu rwego rwo gucururiza iyi kipe no kuyizamurira agaciro ku ruhando mpuzamahanga.

Yumvikanye n’ubuyobozi bw’Ikipe ya Ravenna FC, ko azaba ari umwe mu banyamigabane bayo, mu batoza bayo, ndetse akazaba anafite icyangombwa kimwemerera kuyikinira.

Ronaldinho yagize umwaka mwiza mu 1998 akinira Grêmio y’iwabo, ayivamo ajya i Burayi ahamara imyaka 10. Icyo gihe yakiniye Paris Saint-Germain hagati ya 2001 na 2003, akinira FC Barcelone hagati ya 2003 na 2008, ajya muri AC Milan hagati ya 2008 na 2011.

Aha yahavuye asubira iwabo mu ikipe ya Queretaro hagati ya 2014 na 2015, ndetse na Fluminense yakiniye igihe gito mu 2015.

Ronaldinho agiye gusubira muri ruhago byeruye ku myaka 46
Ronaldinho agiye kongera gukina nyuma y'imyaka 11
Ronaldinho yakiriwe mur Ravenna FC yo mu Cyiciro cya Gatatu mu Butaliyani
Ronaldinho yahawe nimero 10 azajya yambara mu mugongo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages