00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ronaldinho umaze imyaka 11 atagaragara mu kibuga agiye gukinira ikipe yo mu Butaliyani

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 20 August 2026 saa 05:08
Yasuwe :

Ronaldinho Gaúcho w’imyaka 46 wari amaze imyaka 11 ahagaritse gukina, agiye gushyira umukono ku masezerano amwinjiza mu ikipe ya Ravenna yo mu cyiciro cya gatatu mu Butaliyani, akaba n’umwe mu banyamigabane bayo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, tariki ya 20 Kanama 2026, ni bwo uyu mukinnyi yageze muri iki gihugu, kugira ngo arangizanye na yo ibiganiro byatangiye muri Kamena 2026, ubwo yari mu Gikombe cy’Isi cya 2026.

Ronaldo de Assis Moreira wamenyekanye nka Ronaldinho Gaúcho, yakanyujijeho muri ruhago, ariko mu 2015 atandukana na Fluminense FC y’iwabo muri Brésil, gusa atangaza ko ahagaritse gukina mu 2018.

Nyuma y’icyo gihe cyose yagaragaraga mu bikorwa byo kwamamariza ibigo bimukeneye, ariko nta kandi kazi ajyamo mu byerekeye umupira w’amaguru byeruye.

Yumvikanye n’ubuyobozi bw’Ikipe ya Ravenna FC yo mu Cyiciro cya Gatatu mu Butaliyani, aho azaba ari umwe mu banyamigabane bayo, mu batoza bayo, ndetse akazaba anafite icyangombwa kimwemerera kuyikinira.

Nubwo bigoye ko azakinira iyi kipe imikino myinshi, uyu mugabo wegukanye Ballon D’Or mu 2005, ashobora gukina umukino umwe mu rwego rwo gucururiza iyi kipe no kuyizamurira agaciro ku ruhando mpuzamahanga.

Ronaldinho wegukanye Igikombe cy’Isi mu 2002 ari kumwe na Brésil, yahawe ikaze na nyir’Ikipe ya Ravenna FC, Ignazio Cipriani, wavuze ko gukorana na Ronaldinho bizaba ari akarusho kubera ubushobozi afite.

Ati “Ronaldinho nahagera bizaba ari ikintu cy’akataraboneka ku ikipe. Yari icyitegererezo kuri njye, kandi uruhare rwe mu mupira w’amaguru rurenze kuba mu kibuga.”

Ronaldinho yagize umwaka mwiza mu 1998 akinira Grêmio y’iwabo, ayivamo ajya i Burayi ahamara imyaka 10. Icyo gihe yakiniye Paris Saint-Germain hagati ya 2001 na 2003, akinira FC Barcelone hagati ya 2003 na 2008, ajya muri AC Milan hagati ya 2008 na 2011.

Aha yahavuye asubira iwabo mu ikipe ya Queretaro hagati ya 2014 na 2015, ndetse na Fluminense yakiniye igihe gito mu 2015.

Ronaldinho azaba ari umukinnyi n'umunyamigabane muri Ravenna yo mu Cyiciro cya Gatatu mu Butaliyani
Ronaldinho yageze mu Butaliyani aho azongera gukinira umupira w'amaguru
Ronaldinho ni umwe mu bakinnyi beza babayeho mu mupira w'amaguru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages