00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Robin Le Normand wa Atlético Madrid ari mu Rwanda

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 15 June 2026 saa 08:29
Yasuwe :

Myugariro wa Atlético Madrid yo muri Shampiyona ya Espagne, Robin Le Normand, yageze i Kigali muri gahunda ya Visit Rwanda.

Uyu mukinnyi yageze mu Rwanda ku wa Mbere, tariki ya 15 Kamena 2026, aho biteganyijwe ko azasura ibice nyaburanga bitandukanye.

Muri Mata 2025, Atlético de Madrid yabaye ikipe ya mbere yo muri Espagne, yasinye amasezerano yo kwamamaza Visit Rwanda, aho azageza mu 2028.

Ubu bufatanye bugena ko Visit Rwanda igaragara ku myenda y’imyitozo y’iyi kipe n’iyo kwishyushya mbere y’umukino.

Igaragara kandi no mu mugongo ku myenda abakinnyi basohokana binjiye mu kibuga ku makipe yombi, ni ukuvuga yaba abagabo n’abagore.

Visit Rwanda yamamazwa kandi no ku kibuga cy’iyi kipe, Riyadh Air Metropolitano Stadium, ku mbuga nkoranyambaga n’ahandi.

Visit Rwanda kandi yamamazwa nk’umufatanyabikorwa w’imena w’iyi kipe mu myitozo, iyimenyekanisha kandi nk’igicumbi cy’ubukerarugendo, ikanasakaza ikawa yo mu Rwanda muri iyi kipe.

Robin Le Normand wa Atlético Madrid yageze mu Rwanda kuri uyu wa Mbere
Akanyamuneza kari kose kuri Robin Le Normand

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages