00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rkyer Jaafar yagizwe Umutoza Mukuru wa Police FC

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 21 July 2026 saa 06:36
Yasuwe :

Umunya-Maroc, Rkyer Jaafar, yagizwe Umutoza Mukuru wa Police FC, asimbuye Ben Moussa, akazungirizwa na mugenzi we Bakkali Tahiri Mostafa.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 21 Nyakanga 2026, ni bwo Ikipe ya Police FC yatangaje ko yabonye umutoza mushya uzayitoza kuva mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27.

Uyu mugabo w’imyaka 54 wahawe akazi na Polisi y’Igihugu yanyuze mu makipe atandukanye y’iwabo muri Maroc ndetse no mu bindi bihugu byo muri Afurika.

Ayo makipe arimo Arar FC, Branes, RCA Zemamra, Ittihad Tanger yabayemo nk’umusigire ndetse akaza no kungiriza Miguel Gamondi.

We na Bakkali Tahiri Mostafa uzamwungiriza basanze Police FC ari imwe mu makipe ari kwiyubaka ashaka kuzagira umwaka utaha mwiza, dore ko ushize wa 2025/26 yahuye n’ibibazo byo gutangira neza ariko igasoza nabi.

Iyi kipe yahaye akazi Rutsindura Antoine ‘Mabombe’, nk’Umuyobozi Mukuru wa Tekinike muri iyi kipe, ndetse inasinyisha abakinnyi bashya bazayifasha.

Abo barimo Moussa Limane, Keffa Tangara, Mzungu Japhet na Iddrisu Shaibu b’abanyamahanga na Rushema Chris, Byishimo Valua na Rugwiro Kevin.

Ni mu gihe yongereye amasezerano ya Nsabimana Eric ‘Zidane’, Iradukunda Simeon, Niyongira Patience na David Chimezie.

Chaiman wa Police FC, CP Yahya Mugabo Kamunuga, yakiriye abatoza bashya b'ikipe
Rkyer Jaafar yagizwe Umutoza Mukuru wa Police FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages