Uyu mukinnyi usatira aca mu mpande yanitabiriye imyitozo yo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Nyakanga 2025 yabereye mu Nzove.
Mu kiganiro kigufi yagiranye na IGIHE, uyu mukinnyi yatangaje ko yakabije inzozi zo gukinira ikipe ikomeye.
Ati “Nasinye amasezerano y’imyaka ibiri. Nta mukinnyi uba utifuza gukinira Rayon. Naje mu ikipe ishaka ibikombe ubwo nanjye ndagishaka.”
Yakomeje agira ati “Abari gushidikanya bazabibonera mu kibuga, babone ko narinkwiye gukina muri Rayon. Mfite icyizere ko nzahanganira umwanya kandi abafana bitege ibitego bya Rivaldo.”
Uyu mukinnyi wamenyekanye cyane muri Gasogi, aheruka kuba umukinnyi mwiza w’irushanwa ‘Esperance Football Tournament’ ryaberaga kuri Tapis Rouge i Nyamirambo mu ishize.
Harerimana yabaye umukinnyi wa karindwi Murera imaze kugura muri iyi mpeshyi, nyuma ya Musore Prince, Rushema Chris, Tambwe Gloire, Mohamed Chelly, umunyezamu Drissa Kouyaté na rutahizamu Chadrak Bingi Bello.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!