00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC yasezerewe mu Gikombe cy’Isi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 1 July 2026 saa 08:52
Yasuwe :

Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza yasezereye iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iyitsinze ibitego 2-1 muri 1/16 cy’Igikombe cy’Isi cya 2026 kiri kubera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique.

Uyu mukino wa 1/16 wakinwe kuri uyu wa Gatatu guhera Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba, kuri Mercedes Benz muri Amerika.

Umukino watangiye amakipe yombi akina yigana ariko ku munota wa karindwi gusa, RDC itungura u Bwongereza ifungura amazamu ku gitego cya Brian Kibambe Cipenga wahawe umupira na Chancel Mbemba.

Nyuma yo gufungura amazamu, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakomeje gukina isatira ishaka igitego cya kabiri.

Guhera mu minota 20, u Bwongereza bwatangiye kwiharira umukino ari nako busatira cyane.

Ku munota wa 29 hazamuwe umupira mwiza, Jude Bellingham ashyiraho umutwe gusa umunyezamu wa Congo, Nzau Mpasi aratabara.

Hari aho Marcus Rashford yarekuye ishoti ryashoboraga kuvamo igitego cyo kwishyura ariko risanga myugariro wa Congo ahagaze mu izamu arikuramo.

Ku munota wa 40, Congo na yo yahushije uburyo bukomeye ku mupira wari uhawe Yoane Wissa ari imbere y’izamu, ariko arekuye ishoti rikubita igiti cy’izamu.

Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, umunyezamu wa Congo yongeye kuyitabara ku buryo burimo n’ishoti ryari rirekuwe na Harry Kane.

No mu gice cya kabiri u Bwongereza bwaje bukine a gushaka uko bwishyura ariko umunyezamu wa Congo akomeza kuba ibamba.

Three Lions y’u Bwongereza yaje gukora impinduka mu kibuga havamo Noni Madueke na Marcus Rashford hajyamo Bukayo Saka na Antony Gordon gusa ibintu bikomeza kwanga.

Ku munota wa 74, u Bwongereza bwaje kwishyura ku gitego cya Harry Kane akoresheje umutwe ku mupira yari ahawe na Antony Gordon.

Nyuma y’iminota 12, Harry Kane yatsinze igitego cya kabiri ahawe umupira na Antony Gordon na none, kiba icya 12 atsinze muri iri rushanwa.

Umukino warangiye u Bwongereza butsinze Congo ibitego 2-1 buhita bwerekeza muri 1/8 aho buzahura na Mexico tariki ya 6 Nyakanga 2024.

RDC yamwenyuye mbere ariko umukino urangira u Bwongereza ari bwo bukomeje
Brian Kibambe Cipenga yishimira igitego yatsindiye RDC
Harry Kane yafashije u Bwongereza gutsinda RDC muri uyu mukino wa 1/16
Kane yatsinze ibitego bibiri byatumye ageza ibitego 12 mu Gikombe cy'Isi, bingana n'ibyo Pele yatsinze muri iri rushanwa
Anthony Gordon winjiye mu kibuga asimbuye ni we wahinduye umukino ku ruhande rw'u Bwongereza
Gordon yatanze imipira yavuyemo ibitego bibiri byatsinzwe na Harry Kane
Myugariro Aaron Wan-Bissaka ubwo umukino wari urangiye
RDC yasezerewe mu Gikombe cy'Isi itarenze 1/16

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages