00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC isigaje umukino umwe igasubira mu Gikombe cy’Isi nyuma y’imyaka irenga 50

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 19 November 2025 saa 03:57
Yasuwe :

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ishobora gusubira mu Gikombe cy’Isi iherukamo mu myaka 52 ishize, niramuka itsinze umukino umwe isigaje.

Les Leopards yageze ku mukino wa nyuma w’iya kamarampaka mpuzamigabane mu yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Iyi mikino izahuza amakipe atandatu yo ku migabane itandukanye, aho RDC na Iraq ziri imbere ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA zizakina umukino wa nyuma gusa.

Ni mu gihe andi makipe ane ari yo Bolivie, Jamaica, Nouvelle-Calédonie na Suriname azakina ahereye muri ½, abiri azitwara neza imwe izahure na RDC indi izisobanure na Iraq izitsinda zijye mu Gikombe cy’Isi.

Muri rusange amakipe 42 niyo amaze kubona itike yo kuzitabira iri rushanwa aho hasigaye atandatu azamenyekana muri Werurwe 2026 ubwo iyi mikino ya kamarampaka izaba irangiye.

Tombola y’uko amakipe azahura muri iyi mikino iteganyijwe ku wa Kane, tariki ya 20 Ugushyingo 2025.

Ni mu gihe, Igikombe cy’Isi kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique kuva tariki ya 11 Kamena kugeza ku ya 19 Nyakanga 2026.

RDC isigaje umukino umwe igasubira mu Gikombe cy'Isi nyuma y'imyaka irenga 50
Iraq ni imwe mu makipe ari gukomanga mu Gikombe cy'Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages