00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rayon Sports yipimye kuri Shariff Musa wa Gor Mahia icibwa hafi miliyoni 300 Frw

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 10 August 2026 saa 05:11
Yasuwe :

Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yagaragaje ko iyi kipe yagiye ku meza y’ibiganiro yifuza rutahizamu wa Gor Mahia, Shariff Musa Sabuni Sirengo, ariko icibwa ibihumbi 200$ nyamara yari yitwaje ibihumbi 30$.

Gikundiro ni imwe mu makipe yo mu Rwanda yigaragaje cyane ku isoko ry’abakinnyi, ndetse kimwe mu bice yitayeho cyane ni icy’ubusatirizi bwayo igishakira umukinnyi wo kubufasha.

Mu gushaka umukinnyi usatira izamu unyura mu mpande, yegereye Gor Mahia kugira ngo yegukane umukinnyi wayo, Sirengo, wigaragaje muri Rayon Day no ku mukino wahuje iyi kipe yo muri Kenya inyagira AAPR FC ibitego 5-0.

Mu kiganiro Murenzi Abdallah yagiranye na SK Fm yavuze uko byamugendekeye ubwo yajyaga kuganira n’ubuyobozi bwa Gor Mahia kuri uwo mukinnyi, dore ko amakipe yombi yari acumbitse hamwe muri CECAFA Kagame Cup 2026.

Yagiye yitwaje umubano mwiza amakipe afitanye, ariko abwirwa ko umukinnyi ahenze cyane ku rwego atabitekerezagaho, asubirayo atamuguze.

Ati “Barambwiye bati cyakoze kubera umubano dufitanye, muduhaye ibihumbi 200$ [293.891.000 Frw]. Uko mutangaye nanjye ni ko natangaye.”

“Barambaza bati ‘Ese Perezida, ko utangaye ufite angahe?’ Ndababwira nti wenda ibihumbi 30$ twaganira. Bati ‘Reka tuzaganire ibindi, dore n’abandi bavadimwe bo muri Tanzania baduhaye ibihumbi 130$ turayanga.”

Sirengo w’imyaka 23 asigaje amasezerano y’umwaka umwe muri Gor Mahia, ndetse ni umwe mu bakinnyi igenderaho uyu munsi. Ni we watsinze igitego kimwe rukumbi cyabonetse mu mukino wa nyuma ikipe ye yatsinzwemo na Rayon Sports ibitego 2-1.

Shariff Musa Sabuni Sirengo ni umwe mu bakinnyi bitwaraga neza muri CECAFA Kagame Cup
Shariff Musa Sabuni Sirengo yifujwe na Rayon Sports ariko icibwa akayabo
Murenzi Abdallah yagize ubwoba yumvise ko Shariff agura ibihumbi 200$

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages