00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rayon Sports yinjije arenga miliyoni 67 Frw mu mukino wayihuje na Mukura VS

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 30 March 2025 saa 02:25
Yasuwe :

Rayon Sports yaraye ibonye Miliyoni 67 Frw zavuye mu mukino w’umunsi wa 22 wa Shampiyona yaraye itsinzwemo na Mukura 1-0.

Uyu mukino uzwi nka ‘derby’ y’amateka wabereye muri Stade Amahoro. Wari umukino wa gatanu iyi kipe y’i Nyanza ikiniye muri iyi stade ivuguruye, ni nyuma yo kuhakirirwa na Gasogi United ndetse ikahahurira inshuro eshatu na APR FC.

Amakuru IGIHE ikura mu bacuruza amatike ndetse n’abo muri iyi kipe avuga ko Rayon Sports yacuruje amatike 17 450, ikuramo agera kuri Miliyoni 54.

Iyi kipe yanabonye Miliyoni 13 Frw mu baterankunga batandukanye bari kuri Stade Amahoro, bivuze ko muri rusange uyu mukino wayisigiye Miliyoni 67 Frw.

Muri aya mafaranga, Gikundiro yakuyemo Miliyoni 10 Frw zo kwishyura Stade ndetse n’izindi miliyoni 8 Frw zagiye mu bikorwa byo gutegura uyu mukino no kwishyura abakozi. Bivuze ko iyi kipe yatahanye 45 000 000 Frw.

Igitego cya Abdul Jalil wa Mukura VS ku munota wa 75, ni cyo cyabaye itandukaniro hagati y’amakipe yombi muri uyu mukino.

Rayon Sports nubwo yatsinzwe yagumanye umwanya wa mbere n’amanota 46, mu gihe Mukura VS yafashe umwanya wa gatanu n’amanota 33.

Amanota iyi kipe yarushaga mukeba, APR FC ashobora kugabanuka bitewe n’ikiri buve mu mukino APR FC ifitanye na Vision FC kuri iki Cyumweru.

Mukura VS na yo yari ihagarariwe ku Amahoro
Abakunzi ba Rayon Sports bari bagerageje kwitabira uyu mukino
Abafana hafi ibihumbi 18 ni bo binjiye muri Stade Amahoro
Mukura VS yakuye amanota atandatu kuri Rayon Sports

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages