00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rayon Sports yatandukanye na Nsabimana Aimable

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 13 October 2025 saa 10:11
Yasuwe :

Rayon Sports yatandukanye na Nsabimana Aimable wari warayireze mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ayishinja kwanga kumurekura no kumushyiraho amananiza mu kazi.

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 13 Ukwakira 2025, ni bwo Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye n’uyu mukinnyi ukina mu bwugarizi, wari umaze igihe atumvikana na yo.

Nsabimana ni umwe mu bakinnyi batarakunze kwemera akarengane muri Gikundiro, aho rimwe na rimwe yahagarikaga imyitozo kubera kudahembwa no kumuberamo ibirarane.

Umwuka mubi hagati ye n’ubuyobozi yahozagaho igitutu, bwatumye adahabwa agaciro mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2025/26, aho atigeze akinishwa ndetse rimwe na rimwe akirukanwa no ku myitozo.

Yasabye gutandukana n’iyi kipe bikomeza kwanga kuko na yo yamushinjaga guta akazi, afata umwanzuro wo kuyirega muri FERWAFA yifuza ko yarekurwa akishakira indi kipe.

Nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi, yamaze kurekurwa n’iyi kipe ndetse bivugwa ko ashobora kujya gukina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Libya.

Nsabimana Aimable yageze muri Rayon Sports mu mpeshyi ya 2023 avuye muri Kiyovu Sports, ahakina umwaka w’imikino 2023/24 mu gihe mu mpeshyi ya 2024 yari yongereye amasezerano y’imyaka ibiri.

Nsabimana Aimable yatandukanye na Rayon Sports

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages