Ni ubuyobozi bushya bwatangajwe na Perezida w’inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, binyuze mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, kuri uyu wa Kane, tariki ya 4 Ukuboza 2025.
Komisiyo y’Imiyoborere n’Ubukangurambaga ya Rayon Sports izakora mu mezi atatu komite yayo yahawe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), iyobowe na Musabyimana Jean Baptiste.
Uyu azakorana na Dr. Rwagacondo Emile Claude, Dr. Uwiragiye Norbert, Ignas Havugiyaremye, Kabagema Vivens, Muhizi Sued, Runigababisha Mike na Ahishakiye Phias.
Komisiyo ya Tekinike iyobowe na Olivier Gakwaya, akaba ari kumwe na Muhirwa Prosper, Gacinya Chance Denis, Kamali Gustave, Murangwa Eugene, Amri Jean Paul na Dr. Uwimana François Xavier.
Gakwaya kandi yagizwe Umuvugizi mushya wa Rayon Sports mu gihe cy’inzibacyuho.
Komisiyo y’Umutungo iyobowe na José Akayezu irimo Nkundimana Jean Felix, Rukundo Patrick, Byiringiro Bernard, Habyarimana Straton, Ndikumukiza Revelien, Kabiligi Yussuf na Nshimyabarezi Abraham.
Komisiyo y’Amategeko iyobowe na Nubumwe J.Bosco akazaba ari kumwe na Ntagengwa Vital, Minani Faustin, Ndikumana Vincent, Mana Jean Paul na Yvette Ingabire.
Aba bayobozi bahawe inshingano mu gihe Gikundiro iri ku mwanya wa 14 wa Shampiyona y’u Rwanda, iri kwitegura gukina na Musanze FC, ku wa Gatanu, tariki ya 5 Ukuboza 2025, kuri Kigali Pelé Stadium.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!