00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rayon Sports yakomorewe

Yanditswe na IGIHE
Kuya 2 July 2026 saa 11:52
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ryakuyeho ibihano byo kutandikisha abakinnyi bashya ryari ryafatiye Ikipe ya Rayon Sports kubera kwirukana Umunya-Mali Souleymane Daffé binyuranyije n’amategeko.

Ni ibihano FIFA yari yashyiriyeho iyi kipe kuva ku wa 17 Werurwe uyu mwaka, nyuma y’uko yatsinzwe ikirego yarezwemo n’uyu Munya-Mali ukina mu kibuga hagati.

FIFA yari yabanje kumenyesha Rayon Sports ko igomba kwishyura Daffé mu gihe kitarenze iminsi 45, ntiyabikora, imenyeshwa ko mu gihe itarakemura icyo kibazo izongera kwandikisha abakinnyi bashya yaguze muri Mutarama 2028.

Mu kwitegura umwaka w’imikino mushya wa 2026/27, aho kuri ubu yamaze kugura abakinnyi 10 bashya, Rayon Sports yahisemo gukemura ikibazo cya Daffé bwangu, yishyura miliyoni 23 Frw yasabwaga.

Daffé yaguzwe na Rayon Sports muri Mutarama 2025, asezererwa mu mpeshyi y’uwo mwaka w’imikino agifite amasezerano.

Kuri uyu wa 2 Nyakanga 2026, FIFA yemenyesheje FERWAFA ko Gikundiro yamaze gukemura ikibazo yari ifitanye n’uyu Munya-Mali, bityo na yo ikwiye kuyikomorera.

Rayon Sports yakomorewe na FIFA nyuma yo kwishyura Umunya-Mali Souleymane Daffé yirukanye binyuranyije n'amategeko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages