00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rayon Sports yahagaritse abakinnyi babiri

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 11 May 2026 saa 06:46
Yasuwe :

Ikipe ya Rayon Sports yahagaritse mu gihe kitazwi rutahizamu Aziz Bassane na myugariro Yannick Bangala nyuma yo kugaragaraza imyitwarire mibi mu cyumweru gishize.

Bassane wari umaze igihe kitageze ku byumweru bibiri avuye mu bindi bihano, ntiyagaragaye mu bakinnyi Rayon Sports yifashishije ubwo iheruka gutsinda Marine FC ibitego 2-1 ku wa Gatandatu.

Ni mu gihe Yannick Bangala yari mu basimbura kuri uwo mukino, ariko akaba atarigeze akoreshwa ndetse amakuru avuga ko yanze kujya mu kibuga mu minota ya nyuma, avuga ko hasigaye iminota mike.

Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yemereye IGIHE ko aba bakinnyi bombi bamaze guhagarikwa.

Ati “Ni ko bimeze. Bahagaritswe kubera imyitwarire mibi. Bassane yongeye, yasibye imyitozo yo ku wa Gatandatu. Yannick Bangala na we yasuzuguye umutoza ku mukino wa Marine FC.”

Gakwaya yongeyeho ko Umutoza Haringingo Francis ari we wasabye ko aba bakinnyi bahanwa, bityo ari we uzagena igihe ibihano byabo bizamara.

Rayon Sports izasubira mu kibuga ku wa Kabiri aho izakira Gorilla FC mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’Igikombe cy’Amahoro. Amakipe yombi yanganyije igitego 1-1 mu mukino ubanza.

Aziz Bassane yongeye guhagarikwa n'Ikipe ya Rayon Sports mu gihe yari yanahagaritswe mbere ariko akababarirwa mbere yo guhura na APR FC
Yannick Bangala na we yahagaritswe kubera imyitwarire yamuranze ku mukino wa Marine FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages