Ni umukino Gikundiro yasabwaga gutsinda kugira ngo yizere kuguma mu irushanwa, cyane ko uwa mbere yari yanganyije na Mafunzo FC ubusa ku busa.
Rayon Sports yatangiye umukimo neza cyane, bidatinze ku munota wa 15 Uwihirwe Régine afungura amazamu.
Gikundiro yahise yongera izamuka yihuta, Ukwinkunda Jeannette atera umupira muremure, umunyezamu Yosura Sied ananirwa kuwufata ngo awukomeze, Rayon ibona igitego cya kabiri, ku munota wa 16.
Denden yakomeje kurushwa bikomeye cyane ko no kugera imbere y’izamu rya Ndakimana Angeline.
Igice cya mbere cyarangiye Rayon Sports yatsinze Denden FC ibitego 2-0.
Mu gice cya kabiri, umukino wakomeje kugenda muri uwo mujyo ariko Denden yari yatangiye gutinyuka no guhusha uburyo bw’ibitego butandukanye.
Mu minota 65, abarimo Gikundiro Scholastique na Niyonshuti Emerance batangiye kugerageza amashoti bari hanze y’urubuga rw’amahina ariko umunyezamu akababera ibamba.
Rayon Sports yari yakomeje gusatira cyane yabonye igitego cya gatatu ku munota wa 92, ku mupira wazamukanywe na Umwali Uwase bakunze kwita Dudja na Emerance wawuhinduye imbere y’izamu usanga Ishimwe Mizero Evelyne akina n’umutwe atsinda igitego cya gatatu.
Umukino warangiye Rayon Sports WFC yatsinze Denden FC ibitego 3-0 ibona intsinzi ya mbere muri iri rushanwa, igira amanota ane biyishyira ku mwanya wa kabiri mu Itsinda A.
Umukino usoza amatsinda, Rayon Sports ifite akazi gakomeye ko kuzatsinda Yei Joint Stars FC yo muri Sudani y’Epfo kugira ngo yizere gukomeza muri ½. Uyu mukino uteganyijwe ku wa Kabiri, saa 16:00.
Amafoto: Umwari Sandrine



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!