AS Muhanga izakira Rayon Sports ku wa Gatatu, tariki ya 6 Gicurasi 2026, mu mukino w’Umunsi wa 30 wa BK Pro League.
Ubwo yari asoje imyitozo ye ya nyuma yagaragaje ko biteguye neza uyu mukino kandi bifuza kuzawutsinda kuko bakeneye amanota kurusha Gikundiro, anasaba ko ikibazo cy’imisifurire cyahagurukirwa.
Ati “Turasaba abashinzwe imisifurire kudushyirira ibintu ku murongo ntibibe nk’ibyabaye kuri Rutsiro, abantu duhatane umanuka azamanuke usigara na we azasigare.
“Twese dukeneye amanota, Rayon iri guhatanira Igikombe cya Shampiyona natwe turashaka kuguma mu Cyiciro cya Mbere urumva ko azaba ari umukino ukomeye cyane.”
Ibi kandi byashimangiwe na Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu Karere ka Muhanga, Mugabo Gilbert, wavuze ko bazatsinda Rayon Sports bakayikura ku gikombe.
Ati “Umwanya wa mbere yarawubuze, turashaka ko ni uwa kabiri izarara iwuvuyeho kandi rwose ntabwo bizasaba ko umukino urangira kuko mu gice cya mbere bizaba byarangiye. Tuzayakira neza ariko amanota byo babimenye ko bazayasiga hano.”
Uyu muyobozi yakomeje avuga ko ikipe bayiteguye neza iri mu mwiherero ndetse n’agahimbazamusyi kazamuwe.
Iyi kipe kandi izakina uyu mukino idafite abakinnyi isanzwe igenderaho mu bwugarizi aribo Karema Eric na Abumurenyi.
AS Muhanga yagize umwaka uyigoye cyane kuko iri ku mwanya wa nyuma n’amanota 24.
Iyi kipe ifite akazi gakomeye ko gushaka amanota azayigumisha mu Cyiciro cya Mbere kuko nyuma ya Rayon Sports izakurikizaho Al Hilal, Kiyovu Sports, Amagaju FC na Marine FC bazasorezaho shampiyona.
Amafoto: Umwari Sandrine
Video: Ndacyayisenga Emmanuel



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!