Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 23 Gashyantare 2026, ni bwo hashyizwe hanze itangazo rivuga impinduka z’imikino itatu irimo uwo Rayon Sports izakiramo Al Hilal SC.
Uyu ni umukino w’Umunsi wa 19 wa Shampiyona y’u Rwanda, utarabereye igihe kuko Al Hilal SC yari mu mikino ya nyuma mu Itsinda C rya CAF Champions League.
Uyu washyizwe ku wa Gatatu, tariki ya 25 Gashyantare 2026, ujyanwa kuri Stade Amahoro saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba, ariko nyuma wajyanwe kuri Kigali Pelé Stadium ndetse uhindurirwa amasaha ushyirwa saa Cyenda z’Amanywa.
Rwanda Premier League yavuze ko ari ukubera “ikibazo cy’amatara”, akunze kuzima bya hato na hato kubera ikibazo cy’amashanyarazi kimaze kuba agateraranzamba.
Abakunzi n’abafatanyabikorwa b’umupira w’amaguru kandi bamenyeshejwe ko kubera impamvu zitandukanye habaye impinduka ku mukino wa Kiyovu Sports yari kuzakiramo Marine FC.
Uyu mukino ntukibaye ku wa kabiri tariki 24 Gashyantare 2026, kuko Kigali Pelé Stadium izaba ifunze, naho igihe uyu mukino uzasubukurirwa cyo kikazamenyeshwa nyuma.
Undi mukino wagizwe ikirarane ni uwa Al Merrikh SC yari kuzakiramo AS Muhanga ku wa Gatatu, tariki 25 Gashyantare 2026, saa Cyenda, gusa na wo ntihatangajwe igihe uzasubukurirwa.
Kugeza ubu Shampiyona y’u Rwanda iyobowe na Al Hilal SC ifite amanota 41, ikana ikurikiwe na Al Merrikh irushanwa inota rimwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!