00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rafael York yabonye ikipe nshya muri Koreya y’Epfo

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 27 March 2026 saa 09:58
Yasuwe :

Rafael York ukinira Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yerekeje muri FC Anyang yo muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Koreya y’Epfo avuye muri IK Oddevold yo muri Suède.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 27 Werurwe 2026, ni bwo yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga zayo, itangaza uyu mukinnyi w’imyaka 27 kugira ngo yongere imbaraga mu kibuga hagati.

‎‎Nyuma yo gushyira umukono ku masezerano, Rafael York yemereye abakunzi bayo ko azatanga umusaruro watumye agirirwa icyizere.

‎Yagize ati “Nishimiye kujya muri FC Anyang. Nzi neza akazi kantegereje n’icyo ikipe insaba. Nzakora byose kandi ntange imbaraga zanjye kugira ngo tugere ku ntego z’ikipe.”

‎York utarahamagawe mu Ikipe y’u Rwanda yitegura imikino ya FIFA Series 2026, asanze FC Anyang iri ku mwanya wa karindwi n’amanota atanu muri Shampiyona ya Koreya y’Epfo igeze ku Munsi wa Gatanu.

Andi makipe yakiniye arimo Sandvikens IF, IFK Värnamo, AFC Eskilstuna, Örebro SK, Kalmar FF na IK Oddevold zo muri Suède, Bochum yo mu Budage na ZED FC yo mu Misiri.

Yakiniye Ikipe y’Igihugu ya Suède mu byiciro by’abakiri bato kuva ku batarengeje imyaka 16 kugeza ku batarengeje imyaka 19, ikipe nkuru y’Igihugu yakiniye ni Amavubi kuva mu 2021.

Rafael York yabonye ikipe nshya muri Koreya y'Epfo
Rafael York ni we Munyarwanda wa mbere ugiye gukina muri Koreya y'Epfo
Rafael York ntabwo ari mu bazakina imikino ya FIFA Series
Rafael York akinira Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages