00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Police FC yakomanze muri Kiyovu Sports ishaka Kirongozi

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 23 May 2024 saa 12:24
Yasuwe :

Ikipe ya Police FC izasohokera igihugu mu Mikino Nyafurika, yatangiye gushaka abakinnyi bazayifasha aho yageze muri Kiyovu Sports ibaza ibya Kirongozi Richard.

Amakuru yizewe agera kuri IGIHE avuga ko Ikipe ya Polisi y’Igihugu yabajije Perezida wa Kiyovu Sports, Mbonyumuvunyi Abdul Karim niba yakwemera gutanga uyu mukinnyi ikipe ye igenderaho, nubwo nta gisubizo baramuha.

Urucaca rufite imitima ibiri, aho rwibaza niba rwajya ku ruhande rw’umukinnyi akajya mu ikipe izakina amarushanwa nyafurika, mu gihe ku rundi ruhande rutifuza kumurekura kuko ari we mukinnyi rugenderaho.

Ibi kandi byiyongeraho ko Kiyovu iri mu bihano byo kutagura abakinnyi bashya yahawe n’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA) kubera kutishyura abakinnyi bayikiniye mu mwaka ushize w’imikino.

Kirongozi yageze muri Kiyovu muri uyu mwaka, aho mu wa mbere we mu masezerano y’imyaka ibiri yasinye, yatsinze ibitego umunani.

Police FC yinjiye mu rugamba rwo kubaka ikipe nyuma y’aho Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Félix Namuhoranye yemereye Umutoza Mashami Vincent n’abungiriza be kubaha amasezerano mashya.

Kirongozi Richard ni umwe mu bakinnyi bigaragaje cyane muri uyu mwaka w'imikino

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .