Aya magambo Munyakazi Sadate yayanditse kuri Twitter nyuma y’iminota mike hatangajwe ko Rayon Sports yafatiwe ibihano kubera ko ititabiriye irushanwa ry’Ubutwari 2020 ryasojwe tariki ya 1 z’uku kwezi.
FERWAFA yahanishije iyi kipe kuzatitabira irushanwa ry’ubutwari mu 2021, kumara umwaka wose idakina imikino ya gicuti yaba imbere mu gihugu na mpuzamahanga ndetse no gutanga amande y’ibihumbi 300 Frw.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Twitter, Munyakazi Sadate, yasabye ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) kwegura kuko butagifitiwe icyizere.
Yagize ati “Ubuyobozi bwiza bushingira ku cyizere ufitiwe n’abo uyobora, iyo bagutakarije icyizere inzira nziza ushobora guhitamo ni ukwegura, ntabwo wayobora abantu batakubonamo icyizere ni yo mpamvu mpamya ko iyi nama ari yo nziza ku buyobozi bwa FERWAFA. Mu kuri nta cyizere ugifitiwe…”
Ubuyobozi bwiza bushingira ku cyizere ufitiwe nabo uyobora, iyo bagutakarije icyizere inzira nziza ushobora guhitamo ni UKWEGURA, ntago wayobora abantu batakubonamo icyizere niyo mpamvu mpamya ko iyi nama ariyo nziza ku buyobozi Bwa FERWAFA, Mu kuri nta crédibilité ugifitiwe,,,,
— Munyakazi Sadate (@SadateMunyakazi) February 8, 2020
Benshi batandukanye batanze ibitekerezo byabo kuri uyu mwanzuro wa FERWAFA, bagira icyo bavuga kuri aya magambo yatangajwe n’Umuyobozi wa Rayon Sports.
Hakizimana Théogène yavuze ko nk’abafana ba Rayon Sports bashyigikiye umuyobozi w’ikipe yabo mu gihe Gahamanyi Daniel yunze mu rya Sadate asaba ko Abayobozi ba FERWAFA bakwegura.
Uwitwa Didier Panda, we yibukije Sadate ko ubuyobozi bwiza ari ubwitondera imbuga nkoranyambaga.
Ati “Ni nk’ukuntu buriya ubuyobozi bwiza ari ubwitondera imbuga nkoranyambaga pe.”
— Hakuzwumuremyi Joseph (@HAKUZWUMUREMYI) February 8, 2020
Ni nkukuntu buriya ubuyobozi bwiza ari ubwitondera Imbuga nkoranyambaga pe
— Didier Panda (@DidierPanda1) February 8, 2020
Muyobozi wacu turagushyigikiye! Equipe yacu iritunze ntawe dusaba imisoro y'Abanyarwanda kugirango tubeho!! Ibyo bakora byose barakorera ubusa ntawugura urukundo
— Hakizimana Theogene (@ThgunRapper) February 8, 2020
Iyi Ferwafa nabayiyoboye Bose bagakwiye kweguzwa ntacyo bamariye abanyamuryango usibye kubarya imitsi well said !!!
— Daniel Gahamanyi 🇷🇼 (@gamanyi) February 8, 2020
Ariko c koko bazanga @rayon_sports kugeza ryari.Ngaho abavugizi bandi makipe baratukana bikarangirira aho,andi makipe asiba amarushanwa ntihabe ikibazo;ariko @rayon_sports yahagarara ku cyemezo cyayo ati reka tubahane.Ibi bintu birakabije kbs.
— Emmanuel Maniraho (@emmamaniraho) February 8, 2020
Iriya nzu yuzuye amarangamutima y'abafana gusa. Ikiza ubuyobozi bw'igihugu burahari ntibuzabaze igihe umupira wacu wapfiriye kdi barebera.
— Ngabonzima Eric (@filseric) February 8, 2020
Ariko koko football mu Rwanda iranze ibaye umwanda kubera uwakayirengeye ngo ayigire nziza akaba ariwe uyangije! Ibi byemezo bireba Rayon Sports gusa ariko? Ubuyobozi bwiza nububereye bose, niba koko ugiye guhana, hera ruhande. Biragayitse rwose
— jeannine Uwimana (@UwimanaJeannine) February 8, 2020
— Martens (@sebahiremartens) February 8, 2020
Edmond@CCTVEngineer250
·
Feb 8
ariko buriya @FERWAFA
we buriya @rayon_sports
idusabye nkabafana kujya tuza kuri match yakiriye gusa tukabyemera tugakoma yombi tukabyikiriza kuzindi match tukareba umupira kuri TV ya @rayon_sports
aho ferwafa ubwanyu ntimwasigara murebana??— Edmond (@CCTVEngineer250) February 8, 2020
Ubanza ari abafana kuruta uko bayobora. Ariko byaba biterwa n'uko bajyaho.
— Ngoga Gilbert (@GilbertNgoga) February 8, 2020
@SadateMunyakazi this is not fair kabisa. Peace cup is the official national cup abayivuyemo ntibahanwe ariko kuko ari @RayonSports ubu byacitse. Wagira ngo ni umukeba wa @FERWAFA ibi bintu byagombye gukemukira kurundi rwego @RwandaGov @UrugwiroVillage
— Environmental News 🌍 (@EnvironewsLine) February 8, 2020



















TANGA IGITEKEREZO