00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump yasabye ko Amerika n’u Bushinwa byafatanya kwakira imikino y’Igikombe cy’Isi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 19 July 2026 saa 04:47
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, asanga igihugu cye gikwiriye kongera kwakira Igikombe cy’Isi kidafatanyije n’ibindi, byaba bidakunze kikaba cyafatanya n’ikindi gihugu cyashobora kwikorera umutwaro w’abagisebya nk’u Bushinwa.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 19 Nyakanga 2026, ni bwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu Mujyi wa New York haza gusorezwa imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026, iki gihugu cyakiriye gifatanyije na Mexique na Canada.

Iri ni irushanwa ryavugishije benshi ariko banenga cyane imitegurire yacyo, haba mu guha amatike ku bifuzaga kucyitabira cyangwa rimwe na rimwe ku byemezo byafatwaga n’abasifuzi cyangwa abayobozi b’irushanwa.

Mu gikorwa cyahuje abashyitsi batandukanye bitabiriye iri rushanwa, Perezida Trump yagaragaje ko igihugu gikwiriye kwakira irindi rushanwa kidafatanyije n’ibindi, keretse icyemera imijugujugu nk’iyo igihugu cye cyatewe.

Ati “Icyo navuga noneho ni uko mwakongera mugahitamo Leta Zunze Ubumwe za Amerika gusa, Mexique na Canada bikajya ku ruhande. Mugahitamo undi ariko wakwakira umujinya, urwango cyangwa ibindi nk’ibyo biva ku wo ari we wese.”

“Gianni yavuze ko na we afite igitekerezo ku Bushinwa, hanyuma ubutaha tukazakira ari u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, hanyuma mukajya mugendagenda kubera imikino.”

Perezida w’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, na we utarorohewe muri iri rushanwa, yemeje ko “ryagenze neza cyane” kubera uruhare rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, Saa Tatu, ni bwo Argentine na Espagne zihatanira Igikombe cy’Isi cya 2026, kikaba icya 23 mu mateka y’umupira w’amaguru.

Infantino yashimiye Trump ku mitegurire y'Igikombe cy'Isi
Perezida Trump yifuza ko Amerika yazafatanya n'u Bushinwa kwakira Igikombe cy’Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages