00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kagame yashimiye Paris Saint-Germain yegukanye UEFA Champions League

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 31 May 2025 saa 11:59
Yasuwe :

Perezida Paul Kagame yashimye Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa yegukanye UEFA Champions League nyuma yo kunyagira Inter Milan ibitego 5-0, igahesha ishema abakunzi bayo ndetse n’abafatanyabikorwa barimo ‘Visit Rwanda’.

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, tariki ya 31 Gicurasi 2025, ni bwo kuri Stade Allianz Arena mu Budage, habereye umukino wa nyuma wa UEFA Champions League, wahuje amakipe abiri y’ibigugu.

Nyuma y’uyu mukino, Perezida Kagame yifashishije urubuga nkoranyambaga rwa X, ashimira iyi kipe yo mu Bufaransa, yatangiye gukorana na Visit Rwanda mu 2019.

Ati “Mwakoze PSG, mbega umukino, kuwureba biranejeje! Mwateye ishema abafana n’abafatanyabikorwa.”

U Rwanda na Paris Saint-Germain bifitanye amasezerano y’ubufatanye binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda, akaba azageza mu 2028, nk’uko impande zombi ziherutse kubishimangira.

Ni amasezerano agena ko PSG yamamaza Visit Rwanda ku kibuga cyayo, Parc des Princes, ndetse ikambara imyambaro yanditseho Visit Rwanda mu gihe cy’imyitozo.

Perezida Kagame Paul yishimiye ko Paris Saint-Germain yakinnye umukino mwiza
Abakinnyi PSG yifashije muri uyu mukino
Vitinha wa PSG ahanganiye umupira na rutahizamu wa Inter Milan, Lautaro Martínez
Inter Milan yananiwe kwikura imbere ya PSG
PSG yakoze amateka yari ategerejwe igihe kirekire
Paris Saint-Germain yashimwe na Perezida Kagame nyuma yo kwitwara neza
Paris Saint-Germain yanyagiye Inter Milan yegukana UEFA Champions League bwa mbere mu mateka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages