00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Pep Guardiola yashwishurije u Butaliyani

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 24 July 2026 saa 02:52
Yasuwe :

Umunya-Espagne, Pep Guardiola, yateye utwatsi ubusabe bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Butaliyani (FIGC), ryari ryamusabye kuba Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu ya Gli Azzurri, ariko rikananirwa kumwishyura hafi miliyoni 20 z’Amayero yifuzaga.

Mu mpera z’umwaka wa 2025/26, ni bwo Manchester City yatandukanye na Pep wari uyimazemo imyaka 10, gusa akomeza gukorana na yo mu bijyanye n’ubujyanama mu bya tekiniki.

Nubwo afite ako kazi, FIGC yaramwegereye kugira ngo azayibere Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani, gusa ibiganiro by’impande zombi ntibyagenda neza kubera impamvu z’umuryango n’umushahara yakwishyurwa ku mwaka.

Ibi byatumye Pep yanga ubusabe bw’iyi kipe, yiyongera ku Mutaliyani, Carlo Ancelotti, utoza Brésil na we wahakaniye igihugu cye avuga ko agifite akazi ko gutegura ikipe ya A Seleção.

Amaso yerekejwe ku bandi batoza bahabwa amahirwe yo gusimbura Gennaro Gattuso, weguye kubera ko umusaruro we wari hasi, ndetse akaba yari yaranananiwe kubugeza mu Gikombe y’Isi cya 2026.

Abo batoza barimo Antonio Conte ari na we kugeza ubu ushobora guhabwa ikipe, hakaba Andrea Pirlo, Roberto Mancini, Paolo Maldini na Leonardo.

U Butaliyani bumaze inshuro eshatu zikurikiranya, butitabira imikino y’Igikombe cy’Isi buherukamo mu 2014 ubwo cyaberaga muri Brésil.

Pep Guardiola yanze gutoza u Butaliyani

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages