00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Peace Cup 2026: Rayon Sports yanyagiye City Boys ibitego 9-0 (Amafoto)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 5 March 2026 saa 07:43
Yasuwe :

Rayon Sports yatsinze City Boys ibitego 9-0 bisanga 2-0 yayitsinze mu mukino ubanza, iyisezerera muri ⅛ cy’Igikombe cy’Amahoro ku giteranyo cy’ibitego 11-0.

Uyu mukino wo kwishyura wabaye ku wa Kane, tariki ya 5 Werurwe 2026 kuri Kigali Pelé Stadium.

Ni umukino Gikundiro yari yahinduye ikipe iha umwanya abadakunze kubona umwanya wo gukina. Bidatinze ku munota wa gatatu gusa Habimana Yves yafunguye amazamu, ku munota wa 12, Fall Ngagne atsinda icya kabiri kuri penaliti.

Nyuma y’iminota itatu gusa, Joachim Vigninou yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 15. Habimana yatsinze icya kane ku wa 28, mu gihe Fall Ngagne yatsinze igitego cya gatanu ku munota wa 32.

Igice cya mbere cyarangiye Rayon Sports yanyagiye City Boys ibitego 5-0.

Mu gice cya kabiri, City Boys yakomeje kugorwa no kwibona mu mukino ari na ko ikomeza gutsindwa ibitego byinshi.

Ku munota wa 69, Habimana Yves yatsinze igitego cya gatandatu, mbere y’uko Sindi Paul Jesus atsinda icya karindwi ku munota wa 73.

Myugariro Aziz Ben Dao yatsinze igitego cya munani, mu gihe Habimana Yves yatsinze agashinguracumu, ku munota wa 89 atsinda igitego cya cyenda ari na cyo cye cya kane muri uyu mukino.

Umukino warangiye Rayon Sports yanyagiye City Boys ibitego 9-0, iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 11-0 mu mikino yombi.

Muri ¼, Gikundiro izahura n’izakomeza hagati ya Gicumbi FC na Police FC ku wa Gatanu, tariki ya 6 Werurwe 2026. Umukino ubanza amakipe yombi yanganyije igitego 1-1.

Indi mikino ya ¼, izahuza APR FC na Gasogi United, Bugesera izakina na Etincelles, mu gihe AS Kigali izahura na Gorilla FC.

Abakinnyi 11 Rayon Sports yabanje mu kibuga
Abakinnyi City Boys yabanje mu kibuga
Ishimwe Fiston ahanganiye umupira
Joachim Vigninou yongeye kubona umwanya wo gukina
Joachim Vigninou yatsinze igitego cya gatatu cya Rayon Sports
Aziz Ben Dao ahanganye n'umukinnyi wa City Boys
Habimana Yves yatsinze ibitego bine muri uyu mukino
Abafana bake bari muri stade bishimiye intsinzi
Sindi Paul Jesus yishimira igitego cya karindwi
Aziz Ben Dao yishimira igitego cya munani yatsinze

Amafoto: Umwari Sandrine


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages