00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Pape Thiaw watozaga Sénégal ategerejwe i Kigali

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 1 September 2026 saa 01:07
Yasuwe :

Pape Thiaw wahoze ari Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu ya Sénégal akanayihesha Igikombe cya Afurika cya 2025, ategerejwe i Kigali mu nama ya SportsBiz Africa.

Ku itariki ya 10 n’iya 11 Nzeri 2026, ni bwo ku nshuro ya gatatu mu Rwanda hazabera inama yiga ku ishoramari muri siporo, izitabirwa n’aba-sportifs batandukanye.

Mu bitabira haba harimo abanyabigwi mu mupira. Muri uyu mwaka Pape Thiaw ni umwe mu bazatanga ikiganiro, akaba azitabira nyuma y’uko atandukanye na Les Lions de la Teranga.

Yavuye muri iyi kipe muri Nyakanga 2026, nyuma y’uko asezerewe muri 1/16 cy’Igikombe cy’Isi cya 2026, nubwo umubano we n’Ishyirahamwe rya Ruhago muri Sénégal wari waramaze kuzamo agatotsi.

Uyu mugabo w’imyaka 45 yabaye umwe mu bakinnyi beza b’Abanyafurika, bakiniye amakipe y’i Burayi, dore ko yakiniye arimo Saint-Étienne, Strasbourg, Dynamo Moscow, Metz na Deportivo Alavés.

Yatangiye gutoza ahereye muri ASC Niarry Tally yo mu Cyiciro cya Mbere muri Sénégal, ahabwa akazi mu Ikipe y’Abato ya Sénégal mbere yo gusimbura kuba umwungiriza wa Aliou Cissé kugeza amusimbuye.

Uyu mutoza ufite impamyabumenyi ya UEFA A na CAF A, Yakinnye imikino 29, atsindamo 19, anganya ine, atsindwa itandatu, anayihesha Igikombe cya Afurika cya 2025.

Gusa ntabwo umwanzuro urafatwa neza kuri iki gikombe, kubera amakosa yakozwe ku mukino wa nyuma wabahuje na Maroc, ariko kwikura mu kibuga kwa Sénégal. Icyemezo ntakuka kizafatwa mu Ukwakira 2026.

Yasimbuwe na Patrick Vieira muri Kanama 2026.

Pape Thiaw watozaga Sénégal ategerejwe i Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages