Uyu mukinnyi uri mu bagenderwaho mu Ikipe y’Ingabo yarwaye ibihaha mu mikino ya CECAFA muri Kanama 2025 kuva icyo gihe nta rasubira mu kibuga.
Mu rukerera rwo ku wa Gatanu, ubwo yagarukaga mu Rwanda, yabwiye IGIHE ko ubu ameze neza yakize ndetse azatangira imyitozo vuba.
Ati “Yego ubu meze neza. Nk’uko perezida yabivuze nzasubukura imyitozo tariki ya 10 Ugushyingo 2025.”
Abajijwe niba yarabashaga gukurikira Shampiyona, Ouattara yavuze ko yarebaga imikino yose ya APR FC ariko ko ari nshya ikeneye igihe cyo guhuza.
Ati “Ndayikumbuye cyane. Ikipe yabayemo impinduka nyinshi rero dukeneye igihe cyo kumenyerana n’abakinnyi bashya n’umutoza ni mushya ariko bizagenda neza.”
Uyu mukinnyi ukomoka muri Burkina Faso yageze muri APR FC muri Mutarama 2025 yigaragaza cyane mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona iheruka kubera ibitego byinshi yatsinze.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!