Ku wa Gatandatu, tariki ya 4 Mata 2026, ni bwo Ikipe ya São Paulo yo mu Cyiciro cya Mbere muri Brésil yatangaje ko uyu mukinnyi w’imyaka 34 atazongera kugaragara mu kibuga.
Ni nyuma y’uko mu Ugishyingo 2025, uyu mukinnyi wakiniye Ikipe y’Igihugu ya Seleção yamaze iminsi itanu mu bitaro kubera ibibazo by’umutima byari bimurembeje.
Icyo gihe yagiraga ikibazo cyo guhagarara k’umutima kuko utari ugifite ubushobozi bwo gutembereza neza amaraso, bigatuma rimwe na rimwe agwa igihuhumure.
Ubutumwa bwanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga za São Paulo ni uko uyu mukinnyi wari ufite amasezerano azageza mu 2027, ababajwe no kudakomeza gukina.
Ati “Hari byinshi nashakaga guha São Paulo, kuko nashakaga gukina ku rwego rwo hejuru. Ndakeka nari nkifite umupira w’amaguru mwinshi ndetse n’imyaka, ariko ibyabaye byabaye.”
“Ubu ngiye guhagarika gukina, ariko nzakomeza gushyigikira São Paulo nk’umufana. Nsoreje urugendo rwanjye hano nyuma y’aho nanyuze hose mu bice bitandukanye by’Isi.”
Oscar yegukanye Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza inshuro ebyiri akinira Chelsea, ajya mu Bushinwa yegukana Chinese Super League inshuro shatu ari kumwe na Shanghai Port.
Mu 2024, yasubiye muri São Paulo yatangiriyemo umupira w’amaguru, ayisinyira imyaka itatu nubwo ahagaritse gukina itarangiye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!